Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ubuhinzi

Huye: Umugezi Unyura Mugishanga cya Munyazi Ukomeje Kwangiza Imyaka y’Abaturage

Abakorera ubuhinzi mu gishanga cya munyazi bakomeje gutaka ibihombo bikomeye baterwa n'umugezi unyuramo

Abahinzi bakorera mu gishanga cya Munyazi giherereye hagati y’Imirenge ya Mbazi na Huye mu Karere ka Huye, bagaragaza ko bahangayikishijwe n’amazi y’umugezi ukinyuramo, bavuga ko agenda atwara ubutaka n’imyaka yabo bikabateza igihombo.

Aba bahinzi basobanura ko mu bihe by’imvura amazi aba menshi cyane ku buryo yuzura mu gishanga, bigatuma uwo mugezi urushaho kubangiriza imirima yabo. Bagasaba ubuyobozi kubafasha kubaka inkengero zawo, aho bavuga ko byabafasha kugabanya iyangirika ry’ubutaka no koroshya ingendo zo kuwambuka.

Nshimiyimana Jean Claude umwe mu bavuganye na Ukweli Times, yavuze ko mbere uwo mugezi wari muto cyane ku buryo nta kibazo watezaga, ariko uko imyaka yagiye ishira amazi akagenda yiyongera bikagera aho uhinduka ikibazo gikomeye.

Yagize ati: “Mbere wari umugende, ntabwo wari umugezi. Uko imvura yagiye igwa amazi akuzura, ubutaka bwagiye bugenda kugeza ubwo umugende uhindutse umugezi.”

Uyu muturage kandi yakomeje avuka ko Ubuyoboyozi bubafashije bukabakorera inkengero zawo, ubwo ubutaka butakomeza kugenda ndetse no kwambuka uwo mugende byakorora.”

Ku ruhande rw’ubuyobozi, Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Kamana Andre, yagaragaje ko aho gutera imigano ku nkengero z’uyu mugezi, abahinzi bakwiye guhitamo ibihingwa byabafasha gufata ubutaka kandi bikanabaha inyungu.

Yagize ati: “Imigano ni ibiti bifata ubutaka, ariko nta kindi byamarira aba bahinzi. Nabagira inama yo gutera ibisheke ku nkombe z’uwo mugezi, kuko bizafata ubutaka bakazanabigurisha bagakuramo amafaranga.”

Ibi bibazo bijyanye n’ibishanga biri mu byo u Rwanda rukomeje kwitaho mu rwego rwo kurwanya ibiza, aho hashyirwaho imbaraga mu kurengera ibidukikije, kubungabunga ubutaka no kurinda umusaruro w’ubuhinzi utangirika.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities