Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Nyagatare: Abaturage basabwa gutanga amakuru ahakekwa ihohotera rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu

Munezero Jeanne d’Arc

Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Umutwe w’Abadepite, Hon. Beline Uwineza, asaba ababyeyi bo mu Karere ka Nyagatare kugira umuco wo gutanga amakuru kuri buri wese ushobora gushukashuka umwana agamije kumucuruza cyangwa kumusambanya. Abasaba kandi kurushaho guhanga amaso no kurinda uburenganzira bw’abana babo.

Ibi yabigarutseho ubwo yifatanyaga n’abaturage b’Akarere ka Nyagatare, Umurenge wa Karama, Akagari ka Gikagati, mu nteko y’abaturage yahurijwe hamwe no gutangiza ubukangurambaga bw’iminsi 16 bwo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina bwari bufite insanganyamatsiko yagira iti: “Twubake umuryango uzira ihohotera.”

Mu butumwa bwe, Hon. Uwineza yibukije ko kurinda abana ihohotera ari inshingano zisangiwe kandi zidashobora kwiharirwa n’umuntu umwe.

Agira ati “Babyeyi rero namwe rubyiruko, ni inshingano yacu twese kurinda umuryango ihohotera no kuwurinda bwa buryo bwose mwumvise umuntu ashobora gucuruzwamo. Ni ngombwa ko twita ku burere bw’abana kugira ngo hatagira ikibahungabanya.”

Akomeza asobanura ko kwita ku mwana bitarangirira mu kumugaburira gusa, ahubwo ko bisaba kumugirira isuku, kumurinda umwanda, kumuganiriza no kumumenyesha ko ari umuntu ukomeye mu muryango. Anibutsa abaturage ko umuco w’ibiganiro mu muryango ari wo soko y’ubwumvikane no gukumira amakimbirane akenshi atangirira mu bwumvikane buke butavugiwe igihe.

Akomeza agira ati “Iyo mutagira ibiganiro mu muryango, nibwo amakimbirane avuka kandi akabura aho avugirwa. Iyo habuze aho avugirwa, hakurikiraho gukurana amenyo, ugasanga intambara zitangira mu rugo ariko abantu bakabiceceka.”

Hon. Uwineza asaba ababyeyi n’urubyiruko gushyira imbere ibiganiro, kuko ari yo nzira yo kumenya ibibazo by’abana, kubaganiriza no kubarinda ibishobora kubangiriza ejo hazaza, harimo no guta ishuri.

Ku rundi ruhande, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage Murekatete Juliet, asaba abaturage kubigiramo uruhare rugaragara,kuko ihohotera rishingiye ku gitsina riri mu bihungabanya iterambere ry’umuryango bityo buri wese akwiye kubikumira.

Agira ati “Umuryango utuje utangirira mu kwirinda ihohotera. Nta mwana ukwiriye gukorerwa ihohotera cyangwa gushukishwa amafaranga ngo ajye mu bikorwa bimuhungabanya. Uruhare rw’umubyeyi ni urwa mbere.”

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities