Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, aremeza ko u Burundi ntaho buhagaze ku byerekeye intambara iri hagati y’u Burusiya na Ukraine. Ni mukiganiro yahaye abanyamakuru ku wa kabiri 10 Gicurasi 2022, i Bujumbura.
Ku byerekeye imfashanyo u Burusiya bugiye guha Leta y’u Burundi ku bijanye n’ibikomoka kuri Peteroli n’ifumbire mvaruganda ndetse n’imiti, Perezida Ndayishimiye yagize ati “u Burundi buriko bwiyubaka, buzakira uwo wese azazana ubufasha muvyankenerwa mu kugwanya ubukene. U Burundi ntibuzigera buja mu makimbirane hagati y’ibindi bihugu, ico buzokora ni ugushaka umuti w’ayo makimbirane ku bawukeneye’’.
Tubibutse ko mu gihe hibukwa imyaka 77 irangiye intambara ya kabiri y’isi yose irangiye ku itariki ya 9 Gicurasi, Uhagarariye igihugu cy’u Burusiya mu Burundi, Valéry Mikhaylov, yamenyesheje ko ibihano ibihugu bikomeye byafatiye u Burusiya bibangamiye isi yose harimo n’u Burundi.
Ambasaderi Valéry Mikhaylov yemeye ko u Burusiya bugiye guha u Burundi imfashanyo igizwe n’ibikomoka kuri Peteroli, ifumbire mvaruganda n’imiti muri bino bihe bigoye kubera intambara iri hagati y’u Bulusiya na Ukraine.
Emmanuel Ndayishimiye













































































































































































