Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Umushinjacyaha Mukuru Wa Gisirikare Yarahiriye Kuzuza Inshingano

Col Sumanyi ubwo yarahiraga.

Colonel Charles Sumanyi yarahiriye kuzuzuza inshingano ze nk’Umushinjacyaha mukuru wa gisirikare, indahiro yakiriwe na Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva.

Nsengiyumva yasabye Sumanyi kuzakoresha neza ububasha ahawe n’amategeko, amwibutsa ko ibyo ashinzwe biri no mu rwego rwo gukomeza icyubahiro cy’ingabo z’u Rwanda.

Sumanyi yari asanzwe ari Visi Perezida w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kuva mu 2024.

Yabaye umucamanza mu Rukiko rwa Gisirikare mu gihe cy’imyaka umunani, aba n‘umucamanza mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare imyaka irindwi.

Abaye Umushinjacyaha Mukuru asimbuye  Col (Rtd) Pacifique Kayigamba Kabanda wagizwe Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yamwibukije ko inshingano agiyemo isaba ubushishozi n’ubunyangamugayo.

Ati “Imiterere y’inshingano z’Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare, irimo guhuriza hamwe imirimo y’Ubushinjacyaha bwa Gisirikare, isaba kuyikorana umurava, ubushishozi n’ubunyangamugayo. Turagusaba guhora uzirikana ko gukora iperereza ku byaha ndetse no kubishinja mu nkiko ari inshingano zisaba kubahiriza amategeko no kubikora kinyamwuga, hubahirizwa itegeko nshinga, itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha n’andi mategeko.”

Yamusabye kandi kwirinda gukoresha ububasha ahawe mu nyungu ze bwite ahubwo agashyira imbere inyungu z’igihugu no kunoza neza inshingano ze.

Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 28, Mutarama, 2026 yari iyobowe na Perezida Kagame niyo yamushyize muri uwo mwanya.

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Mu Murenge wa Shyogwe, umwe mu Mirenge 14 igize Akarere ka Muhanga, hari abaturage basaba ubuyobozi kubaha amazi meza kuko hari n’aca mu matiyo...

Amakuru

Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Gashyantare 2026, yakiriye bamwe mu bayobozi b’abafatanyabikorwa bitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’uburezi...

Amakuru

Minisiteri y’Ubuzima, ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), yamuritse imashini nshya zirindwi zipima amaraso (blood culture machines) zizakoreshwa muri za laboratwari zo mu bitaro...

Amakuru

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’ibiganiro byahuje abitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 20. Nk’uko bitaganywa n’Itegeko Nshinga, iyo...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities