Muri iki gihe icyorezo cya Koronavirusi (Coronavirus) cyiswe COVIA 19 gikomeza kuvugwa hirya no hino ku Isi, bigaragara ko gifite inkomoko mu Bushinwa, ndetse hakaba harafashwe ingamba zikomeye zirimo no guhagarika ingendo zigana muri icyo gihugu, Abanyarwanda baramarwa impungenge ko icyo cyorezo kitaragera mu Rwanda ariko bagasabwa kwitwararika mu bishobora kugikwirakwiza.
Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ryo ku wa 6 Werurwe 2020, rirakangurira Abanyarwanda kwirinda umuco wo guhoberana ndetse no kuramukanya bahana ibiganza, nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID 19.
Ubu butumwa bwa Minisitiri w’Intebe buje bukurikira ubundi bwari bwaratanzwe na Minisiteri y’Ubuzima mu minsi ishize na bwo bukangurira abantu kugira isuku, ndetse bugahuzwa n’umuganda rusange w’ukwezi kwa Gashyantare wabaye uw’isuku mu ngo.
Rwanyange Rene Anthere
Soma itangazo ryatanzwe na Minisitiri w’intebe















































































































































































