Panorama Sports
Abakinnyi batanu b’ikipe y’igihugu y’abagore ya Iran bakina umupira w’amaguru bahawe ubuhungiro muri Australia nyuma yo kuva mu mwiherero w’ikipe yabo wari uri kubera Gold Coast bacumbikagamo bagasaba ubufasha bwo kuguma muri icyo gihugu bagahabwa ubuhungiro.
Nk’uko byatangajwe n’ibiro by’itumanaho bya Prince Reza Pahlavi, abo bakinnyi ni Fatemeh Pasandideh, Zahra Ghanbari, Zahra Sarbali, Atefeh Ramazanzadeh, Mona Hamoudi. Prince Reza Pahlavi ni umuhungu w’uwahoze ari umwami wa Iran (Shah) kandi ubu atuye mu buhungiro muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Minisitiri ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu muri Australia, Tony Burke, yatangaje ko abo bakinnyi bajyanywe ahantu hizewe n’abapolisi ba leta ya Australia mbere yo guhura na we, aho ndetse na gahunda yo kubaha visa y’ubuhungiro yahise irangira. Yagize ati: “Ndabwira n’abandi bakinnyi b’ikipe ko ayo mahirwe ahari kuri bo bose. Australia yakiriye ikipe y’abagore ya Iran mu mitima yacu.”
Iri tangazo ryaje nyuma y’uko Donald Trump asabye Australia kwakira umukinnyi wese w’iyo kipe ushaka ubuhungiro. Ikipe y’abagore ya Iran yari yagiye muri Australia gukina irushanwa rya AFC Women’s Asian Cup. Bagezeyo mbere y’uko intambara itangira muri Iran.
Nyuma y’aho irushanwa rirangiye ku mpera z’icyumweru, ikipe yari igiye gusubira mu gihugu cyabo kiri mu ntambara n’ibitero bya bombe, ibintu byateye impungenge ku bakinnyi.
Mu gihe cy’irushanwa, benshi mu bakinnyi birinze kuvuga ku bibera mu gihugu cyabo. Ariko umwe mu bakinnyi b’imbere, Sara Didar, yagaragaje amarira mu kiganiro n’itangazamakuru avuga ko bahangayikishijwe cyane n’imiryango yabo n’abaturage ba Iran bari mu ntambara.
Mbere y’umukino wabo wa mbere bakinnyemo na South Korea women’s national football team ku itariki ya 2 Werurwe, abakinnyi ba Iran ntibaririmbye indirimbo yubahiriza Repubulika ya Kisilamu ya Iran.
Ibi byatumye havuka impungenge ko bashobora guhanwa nibasubira mu gihugu cyabo. Byongeye kandi, bamwe muri bo bavuzwe ku bitangazamakuru bya leta ya Iran ko ari “abahemu mu gihe cy’intambara”.
Ishyirahamwe mpuzamahanga ry’umupira w’amaguru FIFA ryatangaje ko riri gukorana n’inzego za Australia kugira ngo umutekano w’abo bakinnyi urindwe. FIFA yavuze ko “Umutekano w’ikipe y’abagore ya Iran ari ingenzi cyane, kandi turi gukorana n’inzego zibishinzwe muri Australia ndetse n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ryaho.”
Abantu bashobora gusaba ubuhungiro muri Australia niba bagaragaza ko, bashobora gutotezwa cyangwa ko bashobora guhura n’akaga gakomeye nibagaruka mu gihugu cyabo.









































































































































































