Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Murangira B. yatangaje ko kugeza ubu ataramenya cyangwa ngo abe yarigeze yumva indirimbo y’umunyarwenya n’umuhanzi uzwi kw’izina rya G Taff, iri kuvugwaho kuba irimo amagambo bamwe bita ibishegu.
Ibi yabivugiye mu kiganiro RIB yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa kabiri tariki 10 Werurwe 2026. Muri icyo kiganiro hatangajwe amakuru ku bantu babiri bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo gusambanya umwana, guhatira undi gukora imibonano mpuzabitsina, kugera ku makuru hagamijwe gukora icyaha, kwihesha iby’undi hakoreshejwe uburiganya no gushinga cyangwa kwinjira mu mutwe w’abagizi ba nabi.
Mu bibazo abanyamakuru babajije, harimo n’icyerekeranye n’indirimbo ya G Taff iri kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga. Mu gusubiza, Dr. Murangira yavuze ko uwo muhanzi atamuzi neza kandi ko n’iyo ndirimbo itigeze igera mu matwi ye.
Nubwo yavuze ko atarayumva, yagaragaje ko urwego ahagarariye rugiye kongera gukurikirana ibikorwa bibera ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane ibishobora kugira ingaruka mbi kuri sosiyete. Yibukije ko izo mbuga zigomba gukoreshwa mu buryo bwubaka, atari urw’urukweto rwo gukwirakwiza ibintu bidafitiye umumaro abaturage.
RIB yanagaragaje ko abafite konti ku mbuga nkoranyambaga bakwiye kwitwararika ibyo basangiza abandi, bagashyira imbere ubutumwa bufitiye akamaro sosiyete aho gukwirakwiza ibihangano cyangwa amakuru ashobora kuyobya rubanda.
Dr. Murangira kandi yasabye abaturage kudashyigikira ibihangano byuzuyemo ubutumwa budafasha sosiyete. Yavuze ko ababisohora ataribo bakwiye kubyirinda gusa, ahubwo ko n’ababikurikira, ababireba cyangwa ababikoresha bagomba kubyirengagiza bakabyima amatwi.







































































































































































