Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Jeannette Kagame Yitabiriye Guha Impamyabumenyi Abiga Kaminuza Ya Busogo

Madamu Jeannette Kagame yari Umushyitsi mukuru mu muhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri barangije amasomo muri Kaminuza ya UGHA.

Ni abanyeshuri 78 barangije amasomo y’ubuvuzi.

Mu ijambo rye, yagarutse ku ngorane zahoze mu rwego rw’ubuvuzi, avuga ko muri iki gihe hari ibyahindutse kuko u Rwanda rwishakamo imbaraga n’ibisubizo ku bibazo byarwo.

Yavuze ko mu gihe cyahise, ubuvuzi bw’Abanyarwanda bwasabaga ko abarwayi bahabwa ubuvuzi hifashishijwe ibisubizo by’ahandi.

Ati: “Mu gihe cyatambutse, ibisubizo ku buvuzi bwacu bwavaga ahandi. Muri iki gihe ibi byarahindutse. Ibibazo byacu birimo ububabare, indwara n’impfu dukora uko bishoboka tukabihundura, tukishakamo ibisubizo.”

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva nawe yasabye abiga n’abize muri iyo Kaminuza iri i Butaro kuzakoresha ibyo bize bikazafasha Abanyarwanda kugira ubuzima bwiza.

Yanashimye umusanzu Jeannette Kagame yatanze mu gutuma ririya shuri rikora, ubu rikaba rigeze ahantu heza.

Ati: “Uruhare rwe mu kuzamura uburezi no gutuma abantu babaho neza rurafatika kandi turarushima.”

Umuyobozi w’icyubahiro wa UGHE, Dr. Jim Yong Kim, yashimiye abarangije amasomo mu bijyanye n’ubuvuzi, ababwira ko nubwo rwari urugendo rutoroshye ariko bitwaye neza muri iyo myaka 10, anashimira Guverinoma y’u Rwanda yatumye bishoboka nyamara ahandi byarananiranye.

Ati: “Abazabakurikira bazabareberaho bumve neza icyo kwiga aha bisobanuye. Ibyo mukora ni ingirakamaro ku hazaza h’urwego rw’ubuvuzi muri Afurika.”

Kaminuza ya University of Global Health Equity yigisha byinshi birimo ahanini mu kuvura za Kanseri ikaba yarashinzwe na Prof Paul Farmer witabye Imana mu myaka mike yatambutse.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Ku itariki ya 19 Mutarama, 2026 Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze umwarimu muri Kaminuza akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa abashukisha amafaranga ndetse...

Amakuru

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva avuga ko umuhati uri mu guteza imbere ireme ry’urwego rw’ubuzima ari uwo gushima. Yabigarutseho kuri iki Cyumweru ubwo yagezaga...

Amakuru

Raporo ngarukamwaka y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yerekana ko abagore bitabira kuboneza urubyaro biyongera kandi ko uburyo bitabira kurusha ubundi ari ugukoresha agapira (implant), inshinge...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities