Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye muri Village Urugwiro abajyanama ba Perezida wa Amerika mu bijyanye n’imyemere n’indangagaciro n’amahoro.
Abo bashyitsi ba Perezida Kagame ni Paula White, Umujyanama Mukuru mu biro bya bya Perezida Trump bishinzwe iby’amadini; Jennifer Korn Sporment umwungirije, Umuyobozi w’Ibikorwa by’Idini mu Biro bya Perezida wa Amerika, White House n’abandi barimo Jonathan Cain, Bradley Knight, Musenyeri Nicholas Duncan-Williams, Rosa Whitaker Duncan-Williams, Joel Duncan-Williams na Chekinah Olivier.
Aba Minisitiri muri Guverinoma y’u Rwanda bari bahari ni Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Dr.Jean Damascène Bizimana na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire.
Ku rubuga rwa X/Twitter rwa Village Urugwiro handitse ko biriya biganiro byibanze ku ndangagaciro zisangiwe n’ibihugu byombi zirimo ukwemera, amahoro n’imiyoborere.
Banaganiriye no ku bibazo byo mu Karere n’ibiri ku isi muri rusange.
Ibiro bishinzwe imyemerere mu biro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (White House Faith Office), byashinzwe na Perezida Trump mu mwaka wa 2025.
Intego ni kugira ngo bishyigikire kandi biteze imbere indangagaciro z’imyemerere mu miryango, binarinde ukwishyira no kwizana kw’amadini.
Ni ibiro bitanga raporo ishami rishinzwe ubujyanama n’ingamba mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Amerika, bigakorana n’izindi nzego zishinzwe amadini n’imiryango ishyigikira ukwemera.












































































































































































