Inzobere mu bijyanye n’imirire n’ubuzima bw’abana, zivuga ko kuba umubyeyi yaranduye COVID-19 bidakwiye kuba impamvu yo guhagarika konsa umwana we. Aba agomba kubikora yubahiriza amabwiriza yose arebana n’isuku no kwirinda COVID-19 kugira ngo atanduza umwana yonsa.
Umubyeyi witwa Uwayezu Alphonsine utuye mu Murenge wa Gikondo, Akarere ka Kicukiro avuga ko mu gihe yari arwaye COVID-19, atashoboye gukomeza kwita ku mwana we uri ku ibere.
Yagize ati “Nagiye kwa muganga kuri Plateau bansangamo COVID-19, mpita mpamagara abo mu rugo mbabwira ko basanze ndwaye. Bajyanye abana banjye kwa muganga bo basanga ari bazima. Bitewe n’uko umwana wanjye akubagana bitashobokaga ko mwonsa nambaye agapfukamunwa, abaturanyi banjye baramujyanye. Nagiye gukoresha controle nsanga narakize, nta kibazo ngifite. Aho nongeye guhura n’umwana wanjye, yabanje kuntinya, nyuma yemera gusubira ku ibere.”
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Kabusunzu mu karere ka Nyarugenge, Caroline Ikiriza, avuga ko mu baza kwipimisha COVID-19 bakomeje gusangamo n’ababyeyi bafite abana bonka.
Ati “Hari igihe dupima abantu 25 tugasangamo 15 barwaye COVID-19. Hari igihe twapimye abantu 9 dusangamo 7 barwaye. Iyo twakiriye umubyeyi ufite umwana, tugasanga umubyeyi aranduye, tubifata nk’ikibazo kihariye; tukareba uburyo tugiye gufasha umubyeyi kurinda umwana we kwandura, tukamugira inama z’uburyo bwose bwo kurinda umwana.”
Bamwe mu babyeyi bafite abana bato bonsa bavuga ko muri iki gihe imibare y’abandura n’abahitanwa na COVID-19 igenda irushaho kuzamuka, bakajije ingamba zo kwirinda no kurinda abana babo kwandura iyo Virusi.
Byukusenge Sandrine ati “Umwana wanjye afite amezi atatu n’igice mbere yo kumwonsa, mbanza gukaraba amazi meza n’ isabune, umugabo wanjye nawe musaba kubikora mbere yo kwinjira mu nzu, ikindi murinda guterurwa n’abantu baza mu rugo bambwira ngo mbahe umwana bamuterure.”
Nathan Nyakayiru, ushinzwe imbonezamirire ku bitaro bya Kibagabaga avuga ko ababyeyi bonsa kuva ku mwana ukivuka, bakomeza konsa abana babo n’ubwo baba baranduye COVID-19 kuko bibongerera ubudahangarwa bw’umubiri.
Agira ati “Icyo kwitaho muri icyo gihe, ni uko umubyeyi yirinda kwanduza umwana we, abikora yambara agapfukamunwa, gukaraba intoki kenshi igihe cyose agiye gufata umwana mu biganza. Ibere n’amashereka by’umwana ni ntakorwaho. Igihe umubyeyi yahagarika konsa umwana we ni ku ndwara nka Ebola, ariko kuri Covid, amashereka umwana agomba kuyahabwa kuko n’imwe mu ngamba zo kurinda umwana kwandura COVID-19. Bitandukanye n’ibyo abantu batekereza ko amashereka yakwanduza umwana COVID-19, ahubwo amashereka n’ingamba yo kurinda umwana kwandura.”
Nyakayiru avuga kandi ko ku babyeyi badafite imbaraga zo konsa kubera COVID-19 hashobora kwifashishwa uburyo bwo gukama amashereka, mu gihe umubyeyi arembye ngo hakwitabazwa insimburabere ari yo mata acuruzwa muri za pharmacies.
Mu by’ababyeyi bonsa basabwa muri iki gihe, harimo kandi kwirinda guha uwo babonye wese umwana ngo amuterure kuko byamwongerera ibyago byo kwandura COVID-19.
Imibare ya Ministeri y’ubuzima mu Rwanda igaragaza ko mu bana bari ku ibere harimo abanduye COVID-19 barimo uw’amezi 2 n’uw’iminsi 5 bahitanywe na yo.
Inkuru dukesha RBA















































































































































































