Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

#Kwibuka30: Perezida Kagame yaburiye amahanga adahangana n’abafite ingengabitekerezo ya Jenoside

RUKUNDO Eroge

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yaburiye amahanga adahangana n’abapfobya banafite ingengabitekerezo ya Jenoside ihera ku macakubiri, ishobora gutuma habaho indi Jenoside.

Ibi yabigarutseho ku wa 07 Mata 2024 ubwo ku rwego rw’Igihugu hatangizwa icyumweu cy’icyunamo n’iminsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 aho n’isi yose yifatanya n’u Rwanda kuri uyu mu munsi.

Perezida Kagame agira ati “Mu 1994 Abatutsi bose bagombaga gupfa. Mu gihe abasirikare bakoze Jenoside bahungiye muri Congo bashakaga kugaruka mu Rwanda nyuma y’imyaka itanu badashaka abarokotse gusa bashaka n’abandi Banyarwanda banze ko bajyana mu buhungiro aribo bazwi ubu nka FDLR. Bamwe barabirengagiza kubera inyungu zitavugwa ariko hano mu Rwanda hari ibihumbi by’Abanyekongo b’Abatutsi b’impunzi.”

Akomeza agira ati “Tubona benshi barimo n’ibihugu by’Afurika byivanga muri ibyo bibazo. Ni iki gishobora kutubaho? Iyi ni yo si twifuza? Uyu ni umuburo. Inzira zose z’amacakubiri zishobora gutuma Jenoside iba ahandi aho ariho hose ku isi niba tutabyitayeho. Tugiye mu mateka abarokotse ubwicanyi bw’indengakamere buri gihe bahora bategerejweho guceceka, ubuhamya bwabo ni ibimenyetso bigenda.”

Ati “Icyo dushaka ni ugushyira hamwe n’ubufatanye, buri gihe tuzahora dushyira imbaraga nyishi mu kurwanya ibitera Jenoside nubwo twaba turi twenyine.”

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Hari amasoma atatu twize ariyo; Twe nk’Abanyarwanda n’abany’Afurika, nitwe dushobora guha agaciro ubuzima bwacu uko bikwiye, kudategereza uruhushya rwo gutabara aho rukomeye no kurinda abaturage ndetse no kudashyigikira politiki igamije kugira abaturage iheza.”

Insanganyamatsiko yo kwibuka Jenoside yakorerwe Abatutsi mu 1994 kuri iyi nshuro iragira iti: “Kwibuka Twiyubaka”.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Ikigo Gates Foundation n’icya OpenAI byifatanyije mu gushakira umuti ibibazo biri mu rwego rw’ubuvuzi, hakoreshejwe ubwenge buhangano (AI) mu bihugu bya Afurika, bikazatangirira muri...

Amakuru

Mu Rwanda hatangiye Igikombe cya Afurika cya Handball 2026 mu bagabo, bitangira ikipe y’u Rwanda itsinda iya Zambia ibitego 30-19 mu mukino wabereye muri...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities