Umukinnyi wa basketball Leonard Randall Craig yanditse amateka mashya mu irushanwa rya Basketball Africa League, nyuma yo gutsinda amanota menshi kurusha abandi bose mu mukino umwe.
Ibi yabigezeho ku wa 4 Mata 2026, mu mukino ikipe ya RSSB Tigers yatsinzemo Dar City amanota 104 kuri 92.
Muri uwo mukino, Craig yatsinze amanota 54 wenyine, arenga ku gahigo kari gafitwe na Lual Acuil watsinze amanota 42 mu iri rushanwa nkiri.
Uretse gutsinda amanota menshi, Craig yanagize uruhare rukomeye mu mukino, kuko yanabonye rebounds 5 ndetse anatanga assists 5, bigaragaza ko yafashije cyane ikipe ye.
Yitwaye neza cyane mu gutsinda amanota aturutse kure (three-points), aho yinjije 11 muri yo, ibintu byatumye aba umukinnyi wagaragaye cyane muri uwo mukino.
Ikipe ya RSSB Tigers kugeza ubu imaze gutsinda imikino yose ine imaze gukina, ikaba ikomeje kuyobora itsinda ryayo nta mukino n’umwe iratsindwa, bigaragaza ko iri mu bihe byiza.
Imikinire ya Craig iri gutuma agaragara nk’umwe mu bakinnyi bafite amahirwe menshi yo kuzegukana igihembo cy’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi (MVP) muri BAL y’uyu mwaka.
RSSB Tigers ikomeje kwandika amateka mu mikino ya BAL
















































































































































































