Ubwanditsi
Minisitiri w’ibikorwaremezo mu Rwanda, Jimmy Gasore, ari kumwe n’Umukuru wa REG (Rwanda Energy Group), Armand Zingiro n’abayobozi bakuru mri iyo Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu, bakiriye itsinda ry’abayobozi barenga 30 bo muri Komisiyo ishinzwe ingufu muri Nigeria (Energy Commission of Nigeria).
Ni itsinda riyobowe na Minisitiri w’ubumenyi n’ikoranabuhanga mu guhanga udushya Minister of Innovation, Science and Technology, Uche Nnaji. Aba bayobozi bari mu rugendoshuri rw’iminsi itanu mu Rwanda.
Ibiganiro byabo byibanze ku bufatanye mu guteza imbere ingufu hagati y’ibihugu byombi byaba u Rwanda ndetse na Nigeria. Minisitiri Nnaji, yashimye u Rwanda ku ntambwe rumaze gutera mu guteza imbere urwego rw’ingufu anagaragazako ari ingenzi cyane mu guteza imbere ingufu mu bihugu byombi, asaba ko habaho imikoranire ihamye yashingira kumasezerano y’ubufatanye.
Muri iyo nama yahuje abayobozi bashinzwe ingufu kandi bunguranye ibitekerezo kuri Politiki na gahunda irambye yo guteza imbere ingufu mu Rwanda no muri Nigeria.
U Rwanda rwagaragaje ko kuri ubu abaturage bagerwaho n’amashanyarazi ari 85% muri miliyoni zirenga 14 zituye u Rwanda mu gihe Nigeria yagaragaje ko yo igeze kuri 66% y’abanyanigeria bagerwaho n’amashanyarazi mu baturage barenga Miliyoni 260 batuye Nigeria.














































































































































































