Imikino ibanza ya ⅛ cy’irangiza mu irushanwa rya UEFA Champions League yakinwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe 2026 yasize amakipe akomeye agaragaje imbaraga, aho Real Madrid yatsinze Manchester City ibitego 3-0, mu gihe Paris Saint‑Germain yanyagiye Chelsea ibitego 5-2, naho Arsenal inganya na Bayer Leverkusen igitego 1-1.
Umukino wa mbere wabereye kuri BayArena mu Budage aho wahuje Bayer Leverkusen na Arsenal. Amakipe yombi yakinnye umukino ukomeye waranzwe n’ishyaka ryinshi, bigaragarira no ku makarita arindwi y’umuhondo yatanzwe. Robert Andrich yafunguye amazamu ku ruhande rwa Leverkusen ku munota wa 46, ariko Kai Havertz wa Arsenal aza kwishyura kuri penaliti yaturutse ku ikosa ryakorewe Noni Madueke mu rubuga rw’amahina.
Ku rundi ruhande, Real Madrid yari yakiriye Manchester City kuri stade ya Santiago Bernabéu iza kwigaranzura mukeba wayo. Federico Valverde ni we wabaye umukinnyi wigaragaje cyane muri uyu mukino, atsinda ibitego bibiri mu gice cya mbere nyuma y’uko Vinícius Júnior amuhaye imipira yavuyemo ayo mahirwe. Real Madrid yabonye igitego cya gatatu mbere y’uko igice cya mbere kirangira, ndetse inabonye penaliti mu gice cya kabiri ariko umunyezamu Gianluigi Donnarumma ayikuramo.
Mu Bufaransa naho byari ibicika, Paris Saint-Germain yari yakiriye Chelsea mu mukino wagaragayemo ibitego byinshi. Bradley Barcola yafunguye amazamu hakiri kare, nyuma Ousmane Dembélé atsinda icya kabiri mbere y’uko Malo Gusto yishyura igitego cya Chelsea mu gice cya mbere. Mu gice cya kabiri Enzo Fernandez yagerageje kugarura icyizere kuri Chelsea, ariko Vitinha atsindira PSG igitego cya gatatu mbere y’uko Khvicha Kvaratskhelia ashyiramo ibitego bibiri mu minota ya nyuma, umukino urangira ari ibitego 5 bya PSG kuri 1 cya Chelsea. Uyu mukino ukaba wakurikiwe na Nyakubahwa Perezida wa Repulika Paul Kagame.
Imikino yo kwishyura ya ⅛ cya Champions League iteganyijwe mu cyumweru gitaha. Ku wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe, aho Arsenal izaba yakira Bayer Leverkusen, Sporting CP igahura na Bodø/Glimt, Chelsea ikakira PSG ndetse Manchester City igacakirana na Real Madrid. Bukeye bwaho ku wa Gatatu tariki ya 18 Werurwe, hazaba indi mikino irimo FC Barcelona izahura na Newcastle United, Bayern Munich ihure na Atalanta, Liverpool ikine na Galatasaray, naho Tottenham Hotspur itane mu mitwe na Atletico Madrid.








































































































































































