Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amagare

Spiro Rwanda yinjiye mu baterankunga ba Tour du Rwanda

Panorama Sports

Spiro Rwanda, ikigo cy’indashyikirwa mu gukwirakwiza ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi (Electric Vehicles), ubu ni umwe mu baterankunga b’isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda, Tour du Rwanda 2026.

Spiro Rwanda itangaza ko ubu ari umuterankunga wemewe wa Tour du Rwanda 2026, ibi bigashimangira umuhate n’ubushake bwayo bwo guteza imbere gutwara abantu n’ibintu birengera ibidukikije, guhanga udushya, n’umuhate wo gushaka ibisubizo birambye mu gutwara abantu n’ibintu mu Rwanda no ku mugabane wa Afurika.

Tour du Rwanda ni rimwe mu marushanwa akomeye muri Afurika, rihuza abakinnyi b’amagare bakomeye ku isi, amakipe mpuzamahanga, n’ibihumbi by’abafana baturutse hirya no hino ku isi. Kugira uruhare muri iri rushanwa bigaragaza indangagaciro Spiro ifatanije n’umukino w’amagare zirimo umuhate wo gukora cyane, kurengera ibidukikije no kwimakaza ugutwara abantu n’ibintu mu buryo binoze.

Umuyobozi Mukuru wa Spiro Rwanda, Arunkumar Bhandari, agira ati “Tour du Rwanda isobanura ukwiyemeza, uguhanga udushya, ndetse n’ishema ry’igihugu; izi akaba ari indangagaciro zihuye rwose n’intego za Spiro. Mu gutera inkunga iri siganwa ry’uyu mwaka, ntituba tunezerwa n’uyu mukino gusa, ahubwo tunagaragaza uko ugutwara abantu n’ibintu mu buryo burambye bishobora no gufasha ibikorwa binini n’ubuzima bwa buri munsi hirya no hino mu Rwanda.”

Mu gihe cy’iri siganwa, Spiro izakora ibikorwa birimo (i) Gutanga moto z’amashanyarazi zizifashishwa n’amakipe ashinzwe ibikorwa n’ubufasha mu irushanwa, (ii) Kwerekana ikoranabuhanga ryo gusimbuza bateri (battery-swapping), (iii) Kuganiriza abafana n’abaturage ku byiza bwo gutwara abantu n’ibintu hakoreshejwe moto zikoresha amashanyarazi, hiyongereho no (iv) Kongera ubukangurambaga ku bisubizo bizanwa no gutwara abantu n’ibintu mu buryo  butangiza ibidukikije>

Ubu bufatanye bugaragaza uruhare rw’u Rwanda mu kwimakaza iterambere ry’ibikorwaremezo byubahiriza ihindagurika ry’ibihe (climate-conscious infrastructure), kandi bukongera gushimangira Spiro nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi mu kwimakaza ugutwara abantu n’ibintu hakoreshejwe amashanyarazi muri Afurika.

Spiro Rwanda irahamagarira abafana b’umukino w’amagare, abafatanyabikorwa, n’abaturage gukurikira iri siganwa no gusura ahabera imenyekanisha ry’ibikorwa byayo (activation areas) ku nzira y’isiganwa, kugira ngo bibonere n’amaso ejo hazaza h’ugutwara abantu n’ibintu.

Spiro Rwanda ni imwe mu mashami ya Spiro akorera hirya no hino muri Afurika.  Igamije guhindura uburyo bwo gutwara abantu n’ibintu binyuze muri moto z’amashanyarazi, zihendutse, zoroshye kubona, kandi zifashisha uburyo bwo gusimbuza bateri. Sosiyete yiyemeje kugabanya imyuka ihumanya ikirere, kugabanya ikiguzi  ku bakoresha izo moto, no kwihutisha ikoreshwa ry’ubwikorezi butangiza ibidukikije muri Afurika.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities