Connect with us

Hi, what are you looking for?

Akarere

Suluhu Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Perezida Samia Suluhu Hassan. Ifoto: The New York Times

Komisiyo y’amatora muri Tanzania yemeza  ko ibarura ry’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’igihugu n’ay’Abadepite riherutse kuba kugeza ubu  ryerekana ko Samia Suluhu Hassan ari we watsinze ayo matora ku ijanisha rya 97.66%.

Gutsinda kwe kwigaragazaga kuko nta muntu mu bakomeye muri Politiki ya Tanzania bari bahanganye.

Amajwi miliyoni 31,9 niyo kugeza kuri uyu wa Gatandatu tariki 01, Ugushyingo, 2025 niyo yari yabaruwe.

Abantu miliyoni 37,6 nibo bayandikishije kuri lisiti y’itora kandi Suluhu azaba agiye kuyobora manda y’imyaka itanu ikurikira iyo arangije yasimbuyeho Magufuli wapfuye amaze amezi ane gusa ayitangiye.

Ibinyamakuru mpuzamahanga biri mu bya mbere byemejwe ko Samia Suluhu Hassan ari we wayatsinze, gusa interineti yo muri iki gihugu yo imaze iminsi yarakuweho.

Ubwo amatora yabaga, abaturage bashyigikiye amashyaka atavuga rumwe na Leta barigaragambije, bavuga ko ataboneye kuko hari abayahejwemo

Tindu Lissu uyobora CHADEMA ishyaka rimaze igihe kinini rihangana na CCM iri ku butegetsi mu myaka irenga 60 niwe wari buhangane bikomeye na Suluhu iyo aza kwemererwa kwiyamamaza.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Rwanda

Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubufatanye bwa Afurika y’Iburasirazuba wa Tanzania, Mahamoud Thabit Kombo, baganira k’umubano uhamye usanzwe hagati y’u...

Amakuru

Ku wa 31 Werurwe 2026, mu karere ka muhanga hasorejwe ubukangurambaga bumaze iminsi bukorerwa muri za gare zitandukanye mu Rwanda, bujyanye no kurwanya umwanda...

Akarere

Kuri uyu wa 31 Werurwe 2026, mu mujyi wa Bujumbura humvikanye urusaku rw’ibisasu byinshi rwakurikiwe n’umwotsi mwinshi, ibintu byateye ubwoba bukomeye abaturage bikanahungabanya ituze...

Ahandi

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Nigeria, Yusuf Tuggar, yeguye ku mirimo ye, nk’uko byemejwe n’itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa Facebook n’umuvugizi we. Amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities