Inzego zishinzwe guteza imbere abagore mu Rwanda zongeye kubashishikariza kugira uruhare rugaragara mu myanya y’ubuyobozi, cyane cyane ku rwego rw’inzego z’ibanze aho bagaragara ari bake.
Ibi byagarutsweho mu biganiro byahuje abagize Ihuriro Nyafurika ry’Abagore bari mu Nzego z’Ubuyobozi, ishami ry’u Rwanda (Africa Women Leaders Network/Rwanda Chapter), ku wa Kane tariki ya 26 Werurwe 2026.
Umuyobozi Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA), Dr. Uwizeye Odette, yagaragaje ko nubwo hari intambwe yatewe, abagore bagikiri inyuma mu myanya ihatanirwa ndetse no mu nzego zitorerwa.
Yagize ati: “Kubera ko tuba duhugiye mu mirimo yo mu rugo itandukanye izwi nk’itishyurwa, hari igihe tuba tudafite amakuru ahagije, ntitumenye niba hari imyanya ihatanirw. Hari n’abagabo bacu, kuba batatugirira icyizere bakumva ko kuba Umuyobozi w’Akarere, ugomba kuba uri umugabo, ntiyibuke ko n’Umunyarwandakazi ashobora kumuba kandi akabikora neza.”
Itegeko Nshinga ry’u Rwanda riteganya ko nibura 30% by’imyanya y’ubuyobozi igomba kujyamo abagore, ariko imibare ya RALGA igaragaza ko mu myanya itorerwa abagore bageze kuri 44,49%, mu gihe mu myanya ihatanirwa bari kuri 33%.
Dr. Uwizeye yagaragaje ko hakiri icyuho mu nzego zimwe na zimwe, aho yagize ati: “Iyi ni imyanya irimo abayobozi uyu munsi, aho ni ho hagaragaza ko hakenewe gushyirwamo imbaraga. Nko ku mwanya w’Umunyabanga Nshingabikorwa w’Umurenge usanga hari aho tukiri kuri 28%, wagera ku w’Akarere na ho ugasanga tukiri hasi”.
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iyubahirizwa ry’Uburinganire (GMO), Umutoni Gatsinzi Nadine, yavuze ko nubwo hari abagore bagaragara mu buyobozi bwo hejuru, mu nzego z’ibanze ho hakiri ikibazo cy’umubare muto wabo, bikagira ingaruka ku iterambere ry’ubukungu.
Yifashishije raporo mpuzamahanga, agaragaza ko igipimo cy’abagore bafite ubushobozi mu bukungu cyagabanutse, agira ati: “Ntabwo dufite imyanya myiza turi aba 39 ku Isi, kandi hari ubwo twigeze kuba aba kane n’aba Gatandatu, ariko mu myaka ishize ya 2024, 2025 twasubiye hasi”.
Yongeyeho ati: “Kandi inkingi idusubiza inyuma ni uburyo bwo gufasha abagore kugera ku mari. Uyu munsi iyo turebye mu miyoborere mu nzego nkuru turababona ariko mu nzego z’ibanze haracyarimo ikibazo. Twanagaruka ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu ubu turi 15%.”
Umutoni yanasabye abagore kurushaho gushaka kujya mu nzego zifata ibyemezo, kuko ari ho bashobora kubona amakuru no kugira uruhare mu gukemura ibibazo bibangamiye iterambere ryabo.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Gasinzigwa Oda, na we yabashishikarije kwitabira amatora ateganyijwe muri uyu mwaka, abasaba kudatinya guhatana muri iyi myanya
Yagize ati: “Ndasaba ubufatanye muri ibi bikorwa by’amatora turi kwitegura, kuzagiramo uruhare runini. Dufite abagore bashoboye, nimumara kwiyamamaza, muzasanga byose twabiteguye, turabashishikariza kwitabira amatora kuko Igihugu cyacu kidaheza kandi turizera ko intamwe yatewe izakomeza.”
Ku ruhande rwa Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, yasabye abagore bari mu buyobozi kuba urugero rwiza no gutinyura abandi, cyane cyane abakobwa bato, kugira ngo nabo bagire intego yo kuyinjiramo.
Yagize ati: “Ndifuza ko kuba mu myanya y’ubuyobozi mwaba ba ndebereho, kuko dufite abo tureberaho kandi batugwa mu ntege, tubereke ko ubuyobozi bushoboka kandi byaragaragaye ko iyo umugore ageze muri iyi myanya, ayikora kandi akayikora neza.”
Ibi biganiro byabaye mu gihe u Rwanda rukomeje kwizihiza ukwezi kwahariwe abagore, aho hanagaragazwa ibikorwa by’indashyikirwa byakozwe n’abagore mu nzego zitandukanye zirimo imiyoborere, ubukungu n’imari, hagamijwe kubashimira no gutinyura abandi gukomeza gukora cyane.













































































































































































