Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Abatarize uburezi basaga ibihumbi cumi na bibiri bamaze guhabwa inozamwuga bari mu kazi

Mugenzi Leon, uyobora ishami rishinzwe iterambere n’Imicungire y’abarimu mu kigo cy’igihugu cy’uburezi REB

Raoul Nshungu

Ikigo cy’igihugu cy’uburezi, REB, kivuga ko abarimu basaga ibihumbi cumi na bibiri bari mu kazi batarize kwigisha, bamaze guhugurwa ndetse biteganyijwe ko muri Nzeri 2025, bazahabwa impamyabushobozi nk’abantu bize umwuga.

Mu nama nyunguranabitekerezo yigaga ku myigire n’imyigishirize yo ku wa 31 Nyakanga 2025 hagaragajwe ko ibi byakozwe muri gahunda ya Minisiteri y’Uburezi yo kugabanya umubare w’abigisha mu mashuri y’incuke n’abanza batarize uburezi

Mugenzi Leon,uyobora ishami rishinzwe iterambere n’Imicungire y’abarimu mu kigo cy’igihugu cy’uburezi REB avuga ko mu mwaka wa2020 Leta yubatse ibyuma by’amashuri ariko baza gusanga abarimu bari mu mashuri y’incuke bize uburezi ari bake.

Agira ati ”Abo barimu bose ntitwabitabaje ngo niturangiza ngo ntimwize uburezi igihe kimwe kizagera mugende ahubwo twaravuze ngo reka dutekereze no kubahugura.”

Akomeza agira ati ”Ndagirango mbabwire ko dufite inkuru nziza ko mu barimu ibihumbi makumabiri na bitandatu icyiciro cya mbere cy’abarimu ibihumbi cumi nabibiri barangije amasomo yabo kandi bitarenze ukwezi kwa cyenda bazaba bamaze guhabwa impamyabushobozi nk’abantu bize uburezi . ”

Uyu muyobozi avuga ko kugeza ubu bashima cyane umusanzu aba barium batanze mu burezi bw’amashuri incuke n’abanza.

Guhugura aba barimu ni gahunda yatangiye muri Mata 2024, iki gihe ibigo bya REB na NESA byavugaga ko aba bahuguwe bazafasha kujya guhugura bagenzi babo kugira ngo Ireme ry’uburezi muri ibi byiciro rikomeze rihame.

Mu mwaka wa 2020 nibwo Minisiteri y’uburezi yatanze uburenganzira ku turere twose ko n’abatarize uburezi barangije A2 cyangwa Kaminuza bemerewe gupiganwa mu myanya y’abarimu,ibi byabaye nyuma y’aho MINEDUC yasanze hari ibura ry’abarimu.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ahandi

Muri Nigeria haravugwa urupfu rw’umukobwa bivugwa ko yapfiriye ku iseta yibagisha ikibuno. Iki kibazo gishingiye ku buryo bwo kubagisha amabuno buzwi nka Brazilian Butt...

Amakuru

Ibigo by’itumanaho bikorera muri Afurika byatangaje gahunda nshya igamije korohereza abaturage kubona telefone zigezweho ku giciro gito cyane, aho biteganyijwe ko zimwe zizajya zigura...

Amakuru

Nyamasheke abaturage benshi bagaragaza ko igitutu cyo gushinga ingo giterwa na bamwe mu babyeyi ar’imwe mu mpamvu zituma iyo miryango iba yarashakanye ishizweho igitutu,...

Afurika

Umuyobozi wungirije ushinzwe ibijyanye n’ububanyi n’amahanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ibya Afurika, Sarah Troutman, hamwe n’abayobozi b’iyo...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities