Raoul Nshungu
Ikigo cy’igihugu cy’uburezi, REB, kivuga ko abarimu basaga ibihumbi cumi na bibiri bari mu kazi batarize kwigisha, bamaze guhugurwa ndetse biteganyijwe ko muri Nzeri 2025, bazahabwa impamyabushobozi nk’abantu bize umwuga.
Mu nama nyunguranabitekerezo yigaga ku myigire n’imyigishirize yo ku wa 31 Nyakanga 2025 hagaragajwe ko ibi byakozwe muri gahunda ya Minisiteri y’Uburezi yo kugabanya umubare w’abigisha mu mashuri y’incuke n’abanza batarize uburezi
Mugenzi Leon,uyobora ishami rishinzwe iterambere n’Imicungire y’abarimu mu kigo cy’igihugu cy’uburezi REB avuga ko mu mwaka wa2020 Leta yubatse ibyuma by’amashuri ariko baza gusanga abarimu bari mu mashuri y’incuke bize uburezi ari bake.
Agira ati ”Abo barimu bose ntitwabitabaje ngo niturangiza ngo ntimwize uburezi igihe kimwe kizagera mugende ahubwo twaravuze ngo reka dutekereze no kubahugura.”
Akomeza agira ati ”Ndagirango mbabwire ko dufite inkuru nziza ko mu barimu ibihumbi makumabiri na bitandatu icyiciro cya mbere cy’abarimu ibihumbi cumi nabibiri barangije amasomo yabo kandi bitarenze ukwezi kwa cyenda bazaba bamaze guhabwa impamyabushobozi nk’abantu bize uburezi . ”
Uyu muyobozi avuga ko kugeza ubu bashima cyane umusanzu aba barium batanze mu burezi bw’amashuri incuke n’abanza.
Guhugura aba barimu ni gahunda yatangiye muri Mata 2024, iki gihe ibigo bya REB na NESA byavugaga ko aba bahuguwe bazafasha kujya guhugura bagenzi babo kugira ngo Ireme ry’uburezi muri ibi byiciro rikomeze rihame.
Mu mwaka wa 2020 nibwo Minisiteri y’uburezi yatanze uburenganzira ku turere twose ko n’abatarize uburezi barangije A2 cyangwa Kaminuza bemerewe gupiganwa mu myanya y’abarimu,ibi byabaye nyuma y’aho MINEDUC yasanze hari ibura ry’abarimu.














































































































































































