Panorama Sports
Ikipe ya Arsenal ikomeje gushimangira umwanya wa mbere muri Premier League nyuma yo gutsinda Brighton & Hove Albion igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri stade ya Amex mu mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 4 Werurwe 2026.
Igitego kimwe rukumbi cyabonetse mu mukino cya Bukayo Saka cyabonetse ku munota wa cyenda cyaturutse ku ishoti yateye rigana mwizamu rikora gato k’umukinnyi (reflection) wa Brighton Carlos Baleba, rinyura hagati y’amaguru y’umunyezamu Bart Verbruggen.
Brighton yagerageje kwishyura ariko ihura n’ubwugarizi bukomeye bwa Arsenal, by’umwihariko Gabriel Magalhães wari uyoboye neza ubwugarizi mu gihe mugenzi we William Saliba adahari kubera imvune.
Mu minota ya nyuma, Saka yaguye hasi, maze Joel Veltman wa Brighton agerageza kumukurura amuhagurutsa, bitera guterana amagambo hagati yabo. Ni umukino waranzwe n’ubushyamirane bwinshi. Abafana ba Brighton bakomezaga kurakazwa n’uburyo Arsenal yatinzaga umukino.
Nubwo Arsenal yatsinze, umukino waranzwe n’impaka nyinshi. Umutoza wa Brighton Fabian Hurzeler yanenze cyane Arsenal ayishinja gutinza umukino no kudakina umupira mwiza. Ku rundi ruhande, umutoza wa Arsenal Mikel Arteta yahise yunganira abakinnyi be avuga ko yishimiye uburyo bahatanye bagatsinda.
Arsenal ubu irusha amanota arindwi mukeba wayo Manchester City bahanganiye igikombe nyuma yogutakaza amanota abiri nyuma yo kunganya umukino wayihuje na Nottingham Forest F.C. nubwo City igifite umukino itarakina.
Hasigaye imikino umunani gusa ngo shampiyona irangire, bityo Arsenal ikaba ifite amahirwe akomeye yo kwegukana igikombe cya Premier League ku nshuro ya mbere kuva ku gihe cy’umutoza Arsène Wenger mu myaka 22 ishize.










































































































































































