Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimiye abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’igihugu ayoboye, abaha ibihembo birimo inzu n’imodoka, nyuma y’uko babonye tike yo kwitabira FIFA World Cup 2026.
Ibi byabaye nyuma y’uko iyi kipe itsinze ikipe y’iguhugu ya Jamaica national igitego 1-0, igahita yongera kubona amahirwe yo gukina mu gikombe cy’isi yari imaze igihe kinini idaherukamo kuva mu 1974.
Amafoto yasohowe n’ibiro bya Perezida agaragaza Félix Tshisekedi yakira aba bakinnyi ku Cyumweru i Kinshasa, mu muhango wo kubashimira ku ntsinzi bagejeje ku gihugu.
Nk’uko byatangajwe, buri mukinnyi yahawe inzu n’imodoka yo mu bwoko bwa Jeep 4×4, mu rwego rwo kubashimira no kubashishikariza gukomeza kwitwara neza mu marushanwa mpuzamahanga.
Amakuru yatangajwe na radiyo na televiziyo bya Leta agaragaza ko imodoka zatanzwe ari nshya, zifite amabara y’umukara n’umweru.
Mu mikino y’igikombe cy’isi, DR Congo iri mu itsinda K hamwe na Portugal, Uzbekistan na Colombia. Umukino wa mbere wa DR Congo uteganyijwe ku wa 17 Kamena 2026, aho izahura na Portugal mu irushanwa rizabera muri Mexico, Canada na United States.

Buri mukinnyi yahembwe inzu n’imodoka Jeep 4×4

















































































































































































