Kuri iki Cyumweru, Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye yavuye muri Kigali Car Free Day ahita agana muri Kenya, mu ruzinduko rw’akazi.
Yagiye muri Kenya nk’umwe mu Bakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi w’Intwari muri Kenya (Mashujaa Day), uzaba kuri uyu wa Mbere, Tariki 20, Ukwakira, 2025.
Yageze mu Rwanda kuwa Gatanu mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.
We na mugenzi we w’u Rwanda bayoboye isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye muri byinshi birimo n’ubwikorezi, ubuhinzi n’ibindi.












































































































































































