Connect with us

Hi, what are you looking for?

Rwanda

FERWAFA Yirukanye Umutoza W’Amavubi

FERWAFA yanzuye guhagarika Adel Amrouche wari umutoza w’Amavubi nyuma y’uko atubahirije ibikubiye mu masezerano, nk’uko biri mu itangazo yasohoye.

Mu gitondo kuri uyu wa Gatatu  nibwo iryo tangazo ryasohowe,  ryemeza ko atubahirije ibikubiye mu masezerano cyane cyane mu ngingo ya 17 agace kayo ka kabiri.

Muri ryo hari ahanditse hati: “Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riramenyesha Abanyarwanda bose cyane cyane abakunzi b’umupira w’amaguru ko Bwana Adel Amrouche yahagaritswe mu nshingano ze nk’umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’abagabo. Icyemezo cyafashwe nyuma y’isesengura ryimbitse, biza kugaragara  ko Adel atubahirije amasezerano y’akazi nk’uko biteganywa mu ngingo ya 17., agaka ka 2 y’amasezerano y’umurimo.”

Ngo mbere yo kumuhagarika, FERWAFA yari yabanje kumuha igihe cyo gukemura ibibazo biri mu mikoreranire y’impande zombi.

Itangazo rirakomeza riti: “Amrouche yahawe igihe gihagije cyo gukemura ibi bibazo mbere y’uko hafatwa iki cyemezo.T uramushimira ku bw’akazi yakoze kandi tumwifurije amahirwe masa muri gahunda ze zo mu bihe bizaza.”

Amrouche yari yagizwe umutoza mukuru w’Amavubi tariki 2, Werurwe 2025, asimbuye Umudage Frank Spittler wari umaze umwaka atoza u Rwanda kuva mu Ugushyingo 2023.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Muri iki cyumweru, Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga (MPC) iraterana kugira ngo isuzume imiterere y’ubukungu bw’imbere mu gihugu n’ubw’isi muri rusange. Izanafata umwanzuro ku gipimo...

Ubucuruzi

Rene Anthere Rwanyange Ubucuruzi hagati y’u Bushinwa na Afurika umwaka ushize bwageze ku mari yo hejuru butigeze bugeraho mbere, gusa buracyohereza muri Afurika hafi...

Amakuru

Pariki y’Igihigu y’Akagera yatangaje ko mu mwaka wa 2025 yinjirije u Rwanda, asaga miliyari 7,2 z’amafaranga y’u Rwanda (Miliyoni $5,06 ) avuye mu bikorwa...

Amakuru

Panorama Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, na mugenzi we wa Angola, João Lourenço, barasaba ko hatangizwa byihutirwa uburyo bwo kugenzura...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities