Connect with us

Hi, what are you looking for?

Rwanda

FERWAFA Yirukanye Umutoza W’Amavubi

FERWAFA yanzuye guhagarika Adel Amrouche wari umutoza w’Amavubi nyuma y’uko atubahirije ibikubiye mu masezerano, nk’uko biri mu itangazo yasohoye.

Mu gitondo kuri uyu wa Gatatu  nibwo iryo tangazo ryasohowe,  ryemeza ko atubahirije ibikubiye mu masezerano cyane cyane mu ngingo ya 17 agace kayo ka kabiri.

Muri ryo hari ahanditse hati: “Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riramenyesha Abanyarwanda bose cyane cyane abakunzi b’umupira w’amaguru ko Bwana Adel Amrouche yahagaritswe mu nshingano ze nk’umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’abagabo. Icyemezo cyafashwe nyuma y’isesengura ryimbitse, biza kugaragara  ko Adel atubahirije amasezerano y’akazi nk’uko biteganywa mu ngingo ya 17., agaka ka 2 y’amasezerano y’umurimo.”

Ngo mbere yo kumuhagarika, FERWAFA yari yabanje kumuha igihe cyo gukemura ibibazo biri mu mikoreranire y’impande zombi.

Itangazo rirakomeza riti: “Amrouche yahawe igihe gihagije cyo gukemura ibi bibazo mbere y’uko hafatwa iki cyemezo.T uramushimira ku bw’akazi yakoze kandi tumwifurije amahirwe masa muri gahunda ze zo mu bihe bizaza.”

Amrouche yari yagizwe umutoza mukuru w’Amavubi tariki 2, Werurwe 2025, asimbuye Umudage Frank Spittler wari umaze umwaka atoza u Rwanda kuva mu Ugushyingo 2023.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities