Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amagare

Pogačar yinjiye mu banyamateka ba Tour de France nyuma yo kwegukana igikombe cya gatanu

Umunya-Slovenia Tadej Pogačar yongeye kwemeza ko ari umwe mu bakinnyi b’amagare bakomeye ku Isi, nyuma yo kwegukana Tour de France 2026, bituma ageza ku nshuro ya gatanu yegukana iri siganwa rizwi cyane ku rwego mpuzamahanga.

Uyu mukinnyi w’imyaka 27 yahize abandi nyuma y’urugendo rwamaze ibyumweru bitatu, rwatangiriye i Barcelona muri Espagne rusorezwa i Paris mu Bufaransa. Mu rutonde rusange, yarushije Umubiligi Remco Evenepoel iminota itandatu n’amasegonda 26, mu gihe mugenzi we bakinana muri UAE Team Emirates-XRG, Isaac Del Toro, yegukanye umwanya wa gatatu.

Iyi ntsinzi itumye Pogačar asanga mu gitabo cy’amateka abandi bakinnyi bake gusa bamaze kwegukana Tour de France inshuro eshanu, barimo Jacques Anquetil, Eddy Merckx, Bernard Hinault na Miguel Indurain.

Muri iri rushanwa rya 2026, Pogačar yigaragaje cyane atsinda uduce dutanu tw’isiganwa, anakomeza kuyobora urutonde rusange mu bice byinshi, ari na byo byatumye yambara umwambaro w’umuhondo (Yellow Jersey) igihe kinini.

Yanakoze amateka mashya yo kuzamuka umusozi wa Alpe d’Huez mu gihe cyihuse kurusha abawubanjirije, ibintu byongeye kwerekana ubuhanga bwe mu duce tw’imisozi, dusanzwe dufatwa nk’udukomeye muri Tour de France.

Abasesenguzi b’umukino w’amagare bavuga ko uyu mukinnyi akomeje kwiyubakira izina nk’umwe mu bakinnyi beza ibihe byose byabonye, bitewe n’uburyo akomeje kwitwara neza mu masiganwa akomeye no guhora ahatanira ibikombe.

Nyuma yo kwegukana iri rushanwa, Pogačar yavuze ko yishimiye kongera kwandika amateka muri Tour de France, anagaragaza ko agifite intego yo gukomeza guhatanira ibindi bikombe bikomeye. Mu makuru aturuka mu ikipe ya UAE Team Emirates-XRG, biravugwa ko ashobora gukurikizaho kwitabira Vuelta a España, mu rugendo rwo gukomeza kongera ibigwi mu mukino w’amagare.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities