Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Rwanda: Ubwandu bwa Virusi itera SIDA bwaragabanyutse

Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bwerekana ko igihugu gikomeje gutera intambwe ishimishije mu rugamba rwo kurwanya Virusi itera SIDA, aho igipimo cy’ubwandu mu Banyarwanda bafite hagati y’imyaka 15 na 49 cyamanutse kigera kuri 2,2%, kivuye kuri 2,7% cyari cyariho muri 2019-2020.

Aya makuru akubiye muri raporo yashyizwe ahagaragara ku wa 30 Kamena 2026, yakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima.

Raporo igaragaza ko abagore ari bo bakomeje kugira igipimo cy’ubwandu kiri hejuru kurusha abagabo. Mu bagore bafite imyaka iri hagati ya 15 na 49, ubwandu buri kuri 2,8%, mu gihe mu bagabo bo muri icyo cyiciro buri kuri 1,5%.

No mu rubyiruko rw’imyaka 15 kugeza kuri 24 hagaragaye intambwe nziza, kuko ubwandu bwa VIH bwageze kuri 0,8%. Muri iki cyiciro, abagabo bafite ubwandu bwa 0,9%, naho abakobwa bakaba bari kuri 0,7%.

Ubushakashatsi bugaragaza kandi ko ubwandu bukiri hejuru mu mijyi ugereranyije n’icyaro. Mu bice by’imijyi, ubwandu buri kuri 3,3%, mu gihe mu cyaro buri kuri 1,7%.

Mu rwego rw’uturere tw’igihugu, Umujyi wa Kigali ni wo uza ku isonga mu kugira igipimo kinini cy’ubwandu, aho uri kuri 3,7%. Ni mu gihe Intara y’Amajyaruguru ifite igipimo cyo hasi cyane cya 1,0%. Intara y’Amajyepfo ifite 2,3%, iy’Iburengerazuba 2,2%, naho iy’Iburasirazuba ikagira 2,0%.

No mu rubyiruko, Kigali ni yo ikomeje kuza imbere n’igipimo cya 1,5%, mu gihe Intara y’Amajyaruguru iri kuri 0,4%.

Raporo igaragaza ko urwego rw’amashuri rufite uruhare rukomeye mu kugabanya ibyago byo kwandura VIH. Mu batigeze biga, ubwandu buri kuri 4,9%, mu bize amashuri abanza bukaba 2,4%, mu barangije ayisumbuye bukagera kuri 1,6%, naho mu bize amashuri makuru bukamanuka bugera kuri 0,9%.

Imibare yerekana kandi ko mu myaka isaga 20 ishize u Rwanda rwakomeje kugabanya ubwandu bwa HIV. Hagati ya 2005 na 2014-2015 ubwandu bwari ku gipimo cya 3%, buza kugabanuka bugera kuri 2,7% muri 2019-2020, mbere yo kugera kuri 2,2% mu bushakashatsi bwa 2025.

Mu bagore, ubwandu bwavuye kuri 3,5% mu 2019-2020 bugera kuri 2,8% mu 2025, mu gihe mu bagabo bwamanutse buva kuri 1,7% bugera kuri 1,5%.

Ubushakashatsi bunagaragaza ko imibereho y’abashakanye ishobora kugira uruhare ku gipimo cy’ubwandu. Abantu bapfakaye ni bo bafite igipimo kiri hejuru cyane, aho kiri kuri 10,9%, mu gihe abamaze gutandukana n’abo bashakanye bafite 7,3%.

Mu bashakanye cyangwa babana nk’umugabo n’umugore, ubwandu buri kuri 2,3%, naho mu batarashaka buri kuri 1,3%. Raporo inerekana ko n’abavuga ko batigeze bakora imibonano mpuzabitsina harimo 0,4% babana na VIH.

Ku bagore bashakanye n’umugabo ufite undi mugore, ubwandu buri kuri 6,5%, mu gihe ku bashakanye n’umugabo umwe gusa buri kuri 2,3%.

Mu bagore batwite, ubushakashatsi bwerekanye ko 1,8% babana na Virusi itera SIDA.

Raporo inagaragaza isano iri hagati y’umubare w’abo umuntu yaryamanye na bo n’ibyago byo kwandura VIH. Mu bagore bagize umufasha umwe gusa mu buzima bwabo, ubwandu buri kuri 1,5%, ariko bukazamuka bukagera kuri 16,9% ku bagize abafasha 10 cyangwa barenga.

Ku bagabo, abafite umufasha umwe bafite ubwandu bwa 0,6%, bukazamuka bugera kuri 6,1% ku bagize abafasha bari hagati ya batanu n’icyenda, mbere yo kugabanukaho gato bukagera kuri 4,3% ku bagize abafasha 10 cyangwa barenga.

Ubushakashatsi bwanagaragaje ko gusiramura abagabo bifitanye isano no kugabanya ibyago byo kwandura HIV. Mu basiramuwe, ubwandu buri kuri 1,2%, mu gihe mu batarasiramuwe cyangwa abasiramuwe nabi buri kuri 2,5%.

Abakoze ubu bushakashatsi bagaragaje ko bwubakiye ku makuru yizewe kuko bwitabiriwe n’umubare munini w’abaturage. Mu bapimwe, abagore 99% bemeye gutanga amaraso kugira ngo bapimwe Virusi itera SIDA, mu gihe abagabo babikoze ari 97%.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities