Mu gihe ikibazo cy’umutekano gikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ridateganya kuva ku butaka bwa Congo, rivuga ko abarigize ari Abanyekongo bafite uburenganzira bungana n’ubwa buri muturage wese.
Mu itangazo ryasohoye mu mpera z’icyumweru gishize, iri huriro ryavuze ko amateka ya RDC agaragaza ko abaturage bafite inkomoko muri icyo gihugu badakwiye kwamburwa ubwenegihugu cyangwa guhatirwa kuva ku butaka bwabo kubera impamvu za politiki.
AFC/M23 yavuze ko kuva ku Bwami bwa Kongo kugeza ku gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cy’ubu, abaturage bakomeje kubungabunga amateka, umuco n’isano bafitanye n’igihugu cyabo, nubwo ivuga ko ubutegetsi butandukanye bwagiye bugera ku butegetsi bwakomeje guheza no kwibasira amwe mu moko.
Iri huriro ryashimangiye ko ibibazo bya RDC bidashobora gukemurwa binyuze mu ivangura cyangwa kwima bamwe uburenganzira bwabo, ahubwo ko hakenewe kubaka igihugu gishingiye ku bwubahane, uburinganire n’ubwenegihugu busesuye ku baturage bose.
Mu butumwa bwaryo, AFC/M23 yibanze cyane ku bibera mu gace ka Minembwe, ivuga ko abaturage baho bakomeje guhangana n’ingaruka z’intambara n’ibikorwa by’urugomo, ariko bagakomeza gukomera ku butaka bwabo no kutareka icyizere cy’ejo hazaza.
Iri huriro rivuga ko abaturage bo muri Minembwe bakomeje kwerekana ubushake bwo kurinda amateka yabo n’uburenganzira bwabo, nubwo bavuga ko bamaze igihe bahura n’ihezwa, ivangura n’ibikorwa by’urugomo bibibasira.
AFC/M23 yongeye kuvuga ko abaturage bafite isano n’igihugu cyabo badakwiye gukurwa ku butaka bwabo cyangwa gusibwa mu mateka binyuze ku mbaraga za gisirikare.
Mu itangazo ryayo, iri huriro ryanashinje ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, Wazalendo n’abacanshuro b’abanyamahanga, rivuga ko iyo mitwe ikoreshwa mu bikorwa byibasira abaturage bo mu Burasirazuba bwa RDC.
AFC/M23 ivuga ko gukomeza gukoresha iyo mitwe no guheza abaturage bamwe bishobora gukomeza kongera amakimbirane aho gutanga ibisubizo birambye.
Iri huriro ryagaragaje ko amahoro arambye muri RDC azagerwaho ari uko hubahirijwe uburenganzira bwa muntu, harinzwe abasivili kandi abaturage bose bakagira amahirwe angana imbere y’amategeko, aho gukoresha igitugu cyangwa guheza bamwe bazira inkomoko yabo.
Mu gusoza ubutumwa bwaryo, AFC/M23 yavuze ko abaturage bo mu Burasirazuba bwa RDC bazakomeza gufata igihugu cyabo nk’umurage wabo, kandi ko badateze kwemera kwamburwa ubwenegihugu cyangwa uburenganzira bwabo bwo kubaho mu mutekano no mu cyubahiro.

AFC/M23 yavuze ko idateze kuva muri RDC, ishimangira uburenganzira bw’abaturage ku gihugu cyabo

















































































































































































