Connect with us

Hi, what are you looking for?

Imanza

Paris: Urukiko rwasabwe gukatira Dr. Rwamucyo Eugène imyaka 30 y’igifungo

UMUBYEYI Nadine Evelyne

Ubushinjacyaha kuri uyu wa 15 Nyakanga 2026 bwasabye urukiko rwa rubanda (Cour d’Assises de Paris) mu Bufaransa, guhamya ibyaha bya jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu Dr. Rwamucyo Eugène, agahanishwa gufungwa imyaka mirongo itatu (30).

 

Hari nyuma yo kumva uruhande rw’uregwa, aho Dr. Rwamucyo Eugène yagaragarije urukiko ko gushyingura imibiri y’Abatutsi biciwe mu yahoze ari Perefegitura ya Butare, yabikoze nk’uburyo bw’isuku no gukumira ibyorezo.

 

Dr. Rwamucyo Eugène ashinjwa kuba yarayoboye ibikorwa byo gushyingura Abatutsi biciwe mu bice bitandukanye by’iyahoze ari Perefegitura ya Butare, hifashishijwe n’imashini ya ‘caterpillar’ ubusanzwe ikora imihanda.

 

Ni ibikorwa ubushinjacyaha bwagaragaje. nk’ibyo Dr. Rwamucyo yakoze mu buryo bwo guhisha ibimenyetso bya jenoside.

 

Uregwa we (Dr. Rwamucyo Eugène) yasobanuye ko atigeze ahisha imibiri y’Abatutsi, nk’uko bitari gushoboka ngo guhishira ubwicanyi bwamaze ibyumweru byinshi bugaragarira henshi.

 

Yavuze kandi ko ahashyinguwe Abatutsi biciwe i Butare hari hazwi n’abagize uruhare muri ibi bikorwa, ariko ko atigeze akora ikarita yaho cg raporo yabyo; icyakora ngo yakoze inyandiko ngo zabuze igihe yahungaga, hari muri Kamena 1994.

 

Ku ruhande rw’abaregera indishyi, ibikorwa byo gushyingura Abatutsi bigaragaza ibimenyetso bya jenoside kuba bikiboneka nyuma y’imyaka 32 ihagaritswe, ngo ni igihamya cy’uko Dr. Rwamucyo Eugène yabishyigikiye.

 

Me. Alice Zarka yagize ati “Ubu turi kubona ibyobo,turi kubona ibimenyetso bya jenoside. Ibyabaye muri jenoside biracyagaragara; ibimenyetso biracyatahurwa. Mbese ni yo mpamvu kudukinga mu maso ikibazo cy’isuku n’isukura, agamije guhisha icyaha n’uruhare rwe mu kuyobora ubwicanyi bwarimbuye imbaga; ari ikintu kidashobora kumvikana na gato ku bahohotewe.”

 

Mu mwaka wa 2024, urukiko rwari rwahamije Dr. Rwamucyo Eugène ubufatanyacyaha mu mugambi wa jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyokomuntu, akatirwa gufungwa imyaka 27; ibintu yahakanye, ndetse akaza kujurira asaba kugirwa umwere.

 

Urubanza mu bujurire rwatangijwe ku itariki ya 08 Kamena 2026, mu rukiko rwa rubanda (Cour d’Assises de Paris) mu Bufaransa, habanje gutorwa inteko y’ababuranisha ndetse n’inyangamugayo. Biteganyijwe ko ruzapfundikirwa ku wa 17 Nyakanga 2026, Dr. Rwamucyo Eugène n’abanyamategeko be nibamara kumvwa.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities