Panorama Sports
Perezida Paul Kagame yakurikiye imbonankubone umukino wa UEFA Super Cup 2026, wahuje amakipe yombi yamamaza Visit Rwanda, Paris Saint Germain yo mu Bufaransa na Aston Villa yo mu Bwongereza. Ikipe ya PSG ni yo yegukanye intsinzi ku bitego 2-1.
Uyu mukino wabereye muri Autriche mu mujyi wa Salzburg, aho Visit Rwanda yongeye kuvugwa kuko aya makipe yombi afite ikintu ahuriyeho. PSG imaze igihe yamamaza u Rwanda, na ho Aston Villa muri uyu mwaka w’imikino yasimbuye Arsenal mu kwamamaza Visit Rwanda, kandi ishyirwa ahabona cyane.
Perezida Kagame yabonanye kandi n’abayobozi batandakanye barimo Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Africa CAF, Dr. Patrice Motsepe na we witabiriye uwo mukino.
Amazamu yafunguwe na Khvicha Kvaratskhelia, ku ruhande rwa PSG hari ku munota wa 20 w’umukino, Brian Madjo wa Aston Villa yishyuye igice cya mbere kigiye kurangira. Désiré Doué ku munota wa 61 yatsinze igitego cyahesheje PSG kwisubiza iki gikombe n’ubundi isanzwe ifite kuko yagitwaye umwaka ushize.
Si ukureba ibi birori bya UEFA Super Cup 2026 gusa, Perezida Paul Kagame yabonaye n’abandi bayobozi benshi bitabiriye uyu mukino.

Perezida Paul Kagame aganira na Dr. Patrice Motsepe, Perezida wa CAF























































































































































































