Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Abanywi b’itabi babe bitoza kurireka hakiri kare

Dr. Sabina Nsanzimana, Minisitiri w'ubuzima.

Panorama

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, atangaza ko impamvu u Rwanda rwahereye ku guca inzoga zituzuje ubuziranenge mbere y’itabi kandi na ryo ryangiza ubuzima, ari uko inzoga ari zo zari ziri ku isonga mu kwica benshi, ariko ko n’itabi batazatinda kurifatira umwanzuro ukwiye.

Ibi Minisitiri w’ubuzima yabitangaje mu kiganiro cyakozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga ku rubuga rwa TikTok, aho yaganiraga n’abakoresha uru rubuga, by’umwihariko ku ngingo yo gukumira inzoga zitujuje ubuziranenge zangiza abazinywa cyane cyane urubyiruko.

Dr. Nsanzimana agaragaza ko ubu mu Rwanda inzoga zari ziri ku rwego zibangamiye imibereho rusange y’abaturage n’iterambere ry’Igihugu. Agira ati “Tumaze igihe inzego z’Igihugu zisuzuma ibintu byatuma u Rwanda rudatera imbere, bitari amasasu gusa mwumva nko mu bihugu duturanye… Inzoga rero zaje ku rwego rwa mbere mu bibangamira umutekano w’ejo hazaza…. Mu buzima ho twari twarashize kandi buriya inzoga ni rwica ruhoze, zica buhoro buhoro…”

Abajijwe impamvu u Rwanda rwashyize ingufu nyinshi mu gukumira inzoga zitujuje ubuziranenge gusa kandi itabi na ryo risanzwe rizwiho kwangiza cyane ubuzima yasobanuye icyagendeweho. Agira ati “Imibare itwereka ko Abanyarwanda banywa itabi bagabanutse, bava kuri 13% bajya kuri 7% kubera ingamba zashyizweho mbere.

Abanywa inzoga bo ntabwo ari bake, kuko umugabo umwe muri babiri azinywa, ndetse n’umugore umwe muri batanu arazinywa… Biragenda byiyongera, kandi noneho zajemo inzoga za alcohol ya 40 ku ijana no kuzamura.”

Dr. Nsanzimana yongeyeho ko ubu icyo Igihugu cyahereyeho mu kurwanya ari inzoga zitemewe kuko ari zo zari ikibazo cyane, ariko ko mu gihe kiri imbere n’itabi na ryo rishobora kurebwa, kuko ingaruka mbi zigira ku buzima nta ho zagiye.

Agira ati “Itabi na ryo igihe cyaryo ntabwo kizatinda. Ubu twahereye ku gukemura icyari gikomeye kirimo kwica abantu, ariko ubwo n’itabi na ryo turifite ku murongo, nubwo ryo ryari rigabanyuka mu buryo bugaragara…”

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Panorama Bikomotse ku nkuru itabariza Iradukunda Sandrine ufite umwana wavukanye igifu gito n’umuhogo udafunga, hakaboneka abagiraneza bamufasha, ubu yuriye indege yerekeza mu gihugu cy’Ubuhinde...

Football

Panorama Sports Perezida Paul Kagame yakurikiye imbonankubone umukino wa UEFA Super Cup 2026, wahuje amakipe yombi yamamaza Visit Rwanda, Paris Saint Germain yo mu...

Urubyiruko

Ihuriro ry’Imiryango y’Urubyiruko mu Rwanda (RYOF) ryashimye ingamba Leta y’u Rwanda ikomeje gufata mu kurinda urubyiruko no guteza imbere imibereho myiza yarwo, ariko risaba...

Ubucuruzi

Africa is entering a critical period for its food economy as rising global commodity prices, elevated fertilizer costs, uneven regional food supplies and growing...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities