Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranweho icyaha cyo gutanga sheke itazigamiye.
Amakuru yatangajwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Kanama 2026 avuga ko Shema Fabrice yafashwe n’abagenzacyaha, akaba kuri ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko uyu muyobozi yafashwe kuri uyu munsi, mu gihe iperereza ku byaha akekwaho rikomeje. Biteganyijwe ko dosiye ye izashyikirizwa Ubushinjacyaha nyuma y’uko iperereza rirangiye.
Shema Fabrice yatorewe kuyobora FERWAFA ku wa 30 Kanama 2025, mu Nteko Rusange isanzwe y’iri shyirahamwe. Yatorewe hamwe na komite nyobozi nshya yise “Dream Team”, yari ifite inshingano zo kuzana impinduka mu mupira w’amaguru w’u Rwanda.
Muri gahunda yari yatangaje, Shema yashimangiraga iterambere ry’umupira w’amaguru w’abagore n’abakiri bato, kongera ibikorwa remezo ndetse no guteza imbere impano z’abakinnyi bakiri bato.
Muri FERWAFA, Shema yari yaratangaje ko atazajya ahabwa umushahara. Yari ateganyijwe guhabwa ibihumbi 200 by’amadolari mu gihe cy’imyaka ine, ariko avuga ko ayo mafaranga yari kuzayongera ku bikorwa bigamije guteza imbere impano z’abakiri bato.
Mbere yo kuyobora FERWAFA, Shema Fabrice yari amaze imyaka itandatu ayobora AS Kigali. Muri icyo gihe, iyi kipe yegukanye ibikombe bitandukanye birimo Igikombe cy’Amahoro cya 2019 n’icya 2022, ndetse na Super Cup ya 2022.
Kugeza ubu, iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane ibikubiye muri dosiye ye, mbere y’uko ishyikirizwa Ubushinjacyaha.

























































































































































































