Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ingabire Marie Immaculée Wayoboraga Transparency yatabarutse azize Uburwayi

Marie Immaculée Ingabire wari Umuyobozi Mukuru wa Transparency International -Rwanda, yatabarutse azize uburwayi nk’uko byatangajwe kuri X/Twitter y’uyu muryango. Ntiharamenyekana indwara yazize ariko yari amaze igihe avugwaho uburwayi bukomeye.

Uyu mubyeyi wari utuye mu Karere ka Kicukiro yakoze imirimo myinshi irimo itangazamakuru no kuba impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu muri rusange n’ubw’umugore by’umwihariko.

Mu mwaka wa 1995 yari mu itsinda ry’abagore bagiye mu  Bushinwa i Beijing mu nama mpuzamahanga yigaga ku buzima n’uburenganzira bw’abagore bo mu bihugu byo mu Biyaga bigari by’Afurika. Muri iyo nama yatorewe kuba Umuyobozi mukuru w’ihuriro ry’abagore bo mu Karere.

Yagize uruhare mu kuvugura no kugangahura imikorere y’imiryango iharanira uburenganzira bw’abagore nka PROFEMME TWESE HAMWE, Haguruka n0 gushinga ndi witwa Rwanda Women’s Network muri iki gihe uyu ukaba uyoborwa na Mary Balikungeri.

Atabarutse ari Umuyobozi Mukuru wa Transparency International -Rwanda, aho yamenyekanye cyane mu gukorera ubuvugizi abahohotewe binyuze muri ruswa n’abandi, cyane cyane abanyantege nke.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Muri iki cyumweru, Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga (MPC) iraterana kugira ngo isuzume imiterere y’ubukungu bw’imbere mu gihugu n’ubw’isi muri rusange. Izanafata umwanzuro ku gipimo...

Ubucuruzi

Rene Anthere Rwanyange Ubucuruzi hagati y’u Bushinwa na Afurika umwaka ushize bwageze ku mari yo hejuru butigeze bugeraho mbere, gusa buracyohereza muri Afurika hafi...

Amakuru

Pariki y’Igihigu y’Akagera yatangaje ko mu mwaka wa 2025 yinjirije u Rwanda, asaga miliyari 7,2 z’amafaranga y’u Rwanda (Miliyoni $5,06 ) avuye mu bikorwa...

Amakuru

Panorama Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, na mugenzi we wa Angola, João Lourenço, barasaba ko hatangizwa byihutirwa uburyo bwo kugenzura...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities