Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yayoboye umuhango wo kurangiza imyitozo yo ku rwego rwo hejuru yahawe ingabo za RDF zirwanira k’ubutaka mu gihe cy’amezi atanu.
Mu kigo gitoza ingabo zirwanira ku butaka cya Gabiro muri Gatsibo kiyoborwa na Major General Denis Rutaha niho Muganga yaganiririje abo basirikare bari bamaze kwemererwa ko batojwe neza.
Gen Mubarakh yabashimiye ko batojwe neza, agaragaza uruhare rukomeye ayo mahugurwa agira mu gutegura abasirikare kurinda ubusugire bw’u Rwanda.
Yavuze ko uretse ubumenyi mu bya gisirikare, aya mahugurwa yanashimangiye inyigisho z’ ikinyabupfura kiranga RDF, kikaba inkingi ikomeye ifasha abasirikare kugira indangagaciro za RDF, gukorana ubunyamwuga no gusohoza neza inshingano neza.
Ubumenyi bahawe basabwe kuzabukoresha uko buri kandi bakibuka ko imyitwarire iboneye ari yo ituma bagera ku ntego no gushyira mu bikorwa inshingano zabo.

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda abasaba gukoresha ubumenyi n’ikinyabupfura mu nyungu z’igihugu.
Mu bihe bitandukanye, abasirikare muri RDF bahabwa amahugurwa y’uko banoza akazi kabo kandi abayahabwa ni abo mu byiciro binyuranye birimo abarwanira k’ubutaka, abashinzwe ibikorwa bya gisirikare byihariye (Special Operations) abasirikare bashinzwe gucunga imyitwarire ya bagenzi babo (military police) n’abandi.
Abo bose Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda abasaba gukoresha ubumenyi n’ikinyabupfura mu nyungu z’igihugu.












































































































































































