Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu by’Abarabu bateranye ku Cyumweru, bafashe icyemezo cyo gushyigikira uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Misiri, Nabil Fahmy, kugira ngo abe Umunyamabanga Mukuru mushya w’Umuryango w’Ibihugu by’Abarabu (Arab League).
Biteganyijwe ko Fahmy azemezwa ku mugaragaro n’abakuru b’ibihugu mu nama izabera muri Arabiya Sawudite, mbere y’uko atangira manda ye y’imyaka itanu mu kwezi kwa Nyakanga.
Uyu mugabo wigeze kuyobora dipolomasi ya Misiri hagati ya Kamena 2013 na Nyakanga 2014, agiye kuba Umunyamabanga Mukuru wa munani ukomoka muri Misiri uyoboye uyu muryango ufite icyicaro i Cairo. Azasimbura Ahmed Aboul Gheit wari usanzwe kuri uwo mwanya.
Uyu muryango ugizwe n’ibihugu 22, mu mateka yawo umaze kugira Umunyamabanga Mukuru umwe gusa utari Umunya-Misiri, ari we Umunya-Tunisia Chedli Klibi wabayeho mu myaka ya 1980, mu gihe Misiri yari yahagaritswe muri uwo muryango kubera gusinya amasezerano y’amahoro na Israel.
Mu itangazo yasohoye, Fahmy w’imyaka 75 yavuze ko inshingano ahawe ari inshingano ikomeye cyane, agaragaza impungenge ku bibazo by’umutekano n’uburenganzira bikomeje kugaragara mu karere.
Umuryango w’Ibihugu by’Abarabu washinzwe mu 1945, ukaba ari urubuga ruhuza ibihugu by’Abarabu mu biganiro bya politiki no gushaka uburyo bwo kumvikana ku bibazo bihuriweho.
















































































































































































