Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Niyonzima Olivier ‘Seif’ yahagaritswe igihe kitazwi mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ kubera imyitwarire idahwitse.
Niyonzima yagaragaye mu mukino u Rwanda rwatsinzwemo na Kenya ibitego 2-1 ku wa Mbere, tariki ya 15 Ugushyingo 2021, ku munsi wa nyuma (wa gatandatu) usoza imikino yo mu Itsinda E ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.
Nubwo uyu mukinnyi ari we watsinze igitego cy’Amavubi cyabonetse ku munota wa 65, FERWAFA yatangaje ko yamaze guhagarikwa mu Ikipe y’Igihugu kubera imyitwarire mibi.
Yagize iti “FERWAFA iramenyesha Abanyarwanda bose ko Niyonzima Olivier ahagaritswe igihe kitazwi mu Ikipe y’Igihugu kubera imyitwarire idahwitse. Tuboneyeho kumenyesha abo bireba bose ko FERWAFA itazihanganira uwo ari we wese uzagaragaza imyitwarire mibi mu Mavubi.
FERWAFA iramenyesha abanyarwanda bose ko NIYONZIMA Olivier ahagaritswe igihe kitazwi “undetermined” mu Ikipe y’Igihugu kubera imyitwarire idahwitse.
Tuboneyeho kumenyesha abo bireba bose ko FERWAFA itazihanganira uwo ari we wese uzagaragaza imyitwarire mibi mu Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru “Amavubi Stars”
Ntabwo higeze hatangazwa impamvu Seif yahagaritswe mu Ikipe y’Igihugu gusa imyitwarire mibi kuri we si ikintu kivuzwe ubwa mbere. Yigeze kuvugwaho imyitwarire mibi n’ubundi akinira APR FC bituma anirukanwa.
Hari amakuru avuga ko uyu mukinnyi ataraye kuri hoteli Amavubi yari acumbitsemo i Nairobi ku buryo atigeze ahagurukana na bagenzi be ubwo biteguraga kugaruka i Kigali.
Ikipe y’Igihugu yasoje ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi iri ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe mu mikino itandatu yakinnye mu Itsinda E.
Nkubiri B. Robert












































































































































































