Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Pascal moto ntiragaruka ku isoko rya mubazi kuri moto _RURA

Ikigo ngenzuramikorere cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro -RURA, kivuga ko Pascal Moto Technology Ltd itarasubira ku isoko rya Mubazi kuri moto kandi kitirukanywe ahubwo cyahagitswe.

Mu nkuru Ikinyamakuru Panorama cyatambukije ku wa 14 Nzeri 2022, cyavuze ko Ikigo Pascal Moto cyasubiye ku isoko rya Mubazi kuri moto, RURA yo mu makuru yahaye Panorama ivuga ko icyo kigo kitigeze cyirukanwa ku isoko rya mubazi kuri moto ahubwo cyahagaritswe by’agateganyo kuko hari ibyo byasabwaga. Si iki kigo cyahagaritswe gusa, kuko cyahagarikiwe rimwe na AC Group Ltd.

Umuvugizi wa RURA, Rtd Anthony Kulamba, mu kiganiro na Panorama, yagize ati “Nta baruwa imusubiza mu isoko turamuha. Yasabwe kugira ibyo atunganya kandi ntibirarangira, ntibirangira azagaruka tubisuzume, nibiba bitunganye agaruke ku isoko.”

Umuvugizi wa RURA akomeza avuga ko igihe icyemezo kimuhagarika kitarakurwaho, nubwo haba hari ibiganiro bihari, bidasobanuyeho ko Pascal Moto Technology Ltd yasubiye ku isoko. Ati Ni “ugutegereza indi baruwa ibemerera gusubira ku isoko…”

Ku birebana n’uko yasabwe Pascal moto yasabwe gukora Database y’abamotari bose mu gihugu, RURA ivuga ko ibyo bitabayeho, ariko Pascal Moto yo yemeza ko itari yonyine yagendanaga n’umukozi wa RURA.

Ku birebana n’ibisabwa kugira ngo umushoramari yemerwe kwinjira mu ikoresha rya mubazi, RURA ivuga ko hatarebwa Mubazi n’ibijyana na yo gusa, ahubwo harebwa n’ubushobozi mu bya tekiniki n’imari.

Inavuga ko isoko rifunguye ko n’undi wese ufite ubushobozi yasaba RURA agahabwa uburenganzira bwo gutanga iyo serivisi, ahasigaye agakoresha uburyo bwe bwo kubona abakiliya.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Ikigo Gates Foundation n’icya OpenAI byifatanyije mu gushakira umuti ibibazo biri mu rwego rw’ubuvuzi, hakoreshejwe ubwenge buhangano (AI) mu bihugu bya Afurika, bikazatangirira muri...

Amakuru

Mu Rwanda hatangiye Igikombe cya Afurika cya Handball 2026 mu bagabo, bitangira ikipe y’u Rwanda itsinda iya Zambia ibitego 30-19 mu mukino wabereye muri...

Amakuru

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Régis Rugemanshuro, yemeza ko umwaka wa 2025 usize umutungo wayo wikubye kabiri mu myaka itanu ishize ubu ukaba ari Miliyari...

Amakuru

Itsinda ry’abahanga mu bwubatsi mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bafatanyije na bagenzi babo bo muri Jamaica  (JDF) mu mirimo  yo gusana ibyangijwe n’ibiza mu...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities