Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Perezida Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Cote d’Ivoire

Raoul Nshungu

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho yitabiriye inama ihuza abayobozi b’ibigo bitandukanye izwi nka ‘Africa CEO Forum’.

Iyi nama iraba irimo abarenga 2000 barimo abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, abashoramari, n’abayobozi mu nzego za Politiki  baturutse muri Afurika no mu bindi bice binyuranye ku Isi muri.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 12 Gicurasi 2025, Perezida Kagame yifatanyije na Perezida Alassane Ouattara wa Côte d’Ivoire, Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal, Perezida Mohamed Ould Ghazouani wa Mauritania, na Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo mu muhango wo gufungura ku mugaragaro.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame aza kwitabira ikiganiro cyihariye gihuza Abakuru b’Ibihugu, aho baganira ku mahame, imikorere n’abantu bafite ubushobozi bwo kuyobora Isi irimo gutera imbere.

Baraza kugaruka ahanini ku mpamvu ikiragano cy’ahazaza cy’abayobozi cyiteguye kwakira isi nshya muri iki gihe imiterere ya politiki yerekeza kumpinduramatwara nshya, izasiga Leta z’Afurika nyinshi zidafite ububasha bwo kuyibamo.

Abakuru b’Ibihugu bagaragaje uko abayobozi b’igihe kiri imbere biteguye guhangana n’Isi irimo impunduka zitandukanye, mu gihe imibanire mpuzamahanga igenda ishingira cyane ku nyungu zifatika, bigatuma ibihugu byinshi bya Afurika bigira aho imbogamizi.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka kuri iyo nama igira iti: “Afurika mu Isi Ishingiye ku Mibanire Ibarirwamo Inyungu: Ese Amasezerano Mashya Hagati ya Leta n’Abikorera Ashobora Kugeza Afurika ku Ntsinzi?”

Iyi nama y’iminsi ibiri yibanda ku ruhare rukomeye rw’abikorera mu iterambere ry’umugabane wa Afurika.

Byatangajwe kandi ko inama ya Africa CEO Forum y’umwaka utaha izabera mu Rwanda.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Football

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yongeye kwandika amateka yegukana igikombe cya FIFA Series 2026, irushanwa mpuzamahanga rimaze iminsi ribera mu Rwanda, kiba igikombe cya...

Ibitekerezo

By Aggie Asiimwe Konde Director, Communications, Innovations, External Engagements and Advocacy at AGRA Why the next wave of competitive advantage in African markets will be...

Inkuru nyamukuru

Our Reporter Fintech firm Avenews joins fresh produce consortium to close Kenya’s agri-financing gap, targeting 10 million livelihoods. Nairobi, Kenya, 30th March 2026; Avenews, an agri-fintech...

Amakuru

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva ari i Bangui muri Centrafrique mu irahira rya Faustin Archange Touadéra uherutse gutorerwa kuyobora iki gihugu. Dr. Nsengiyumva yahagarariye...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities