Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yatangijwe na Perezida Paul Kagame yabaye ku nshuro ya 20, yongeye kugaruka ku mubano w’igihugu cye na DRC n’u Burundi.
Kagame yavuze ko byavuzwe kenshi ko Abanyarwanda n’Abarundi ari abavandimwe, ariko akemeza ko muri iki gihe Abarundi bahisemo kuba Abavandimwe b’abaturage ba Congo.
Icyakora, ibyo ngo ntacyo byari bube bitwaye iyo bitaza kuba birimo Politiki y’urwango ku Rwanda.
Yagize ati:“ Ariko ubundi Abanyarwanda n’Abarundi turi impanga, icyakora Abarundi bo bahisemo kuba impanga n’Abanyecongo. Gusa muri uko kuba impanga cyane cyane iyo kurimo politiki mbi, yo kwiyanga no kwanga abandi ntibiba ari byo.”
Asanga nubwo hari ibibazo biri mu gihugu biterwa n’abaturage ubwabo, hari n’ibyo bakururirwa n’amahanga.
Gusa asanga ibyo bibazo bingana na 50% ku yindi 50%, itandukaniro rikaba uburemere hagati y’ibyo byombi.
Kagame avuga ko mu bibazo u Rwanda ruterwa n’abandi harimo iby’akarere igihugu cye kirimo.
Avuga ko ikibazo u Rwanda rufite muri Congo ari Interahamwe ziri yo na politiki ishingiye kuri Jenoside kandi isubirwamo n’abayobozi bavuga ko bashaka kugenza u Rwanda nk’uko barugenje ubushize.
Avuga ko abashinja u Rwanda ko ruri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo rushaka yo amabuye, bibeshya kuko iyo ruza kuba ari yo yarujyanye, ruba rwarakize inshuro 100 kurusha uko bimeze ubu.
Yanenze abavuga ko abagize FDLR ari abasaza kandi bakaba ari bake, avuga ko ababibona batyo baba bakwiye gutekereza no k’uburemere bw’imvugo y’urwango abo bantu bakoresha ku Rwanda.
Kagame avuga ko niyo abavuga izo mvugo k’u Rwanda baba ari bake, ababumva bo baba ari benshi kandi nibo bakurwamo abazagirira nabi u Rwanda.
Muri ibyo byose, Kagame yabwiye abaturage ko ari ngombwa guharanira kwiteza imbere, bakirinda ko hari uwo bahora bategeye amaboko.













































































































































































