Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Perezida Kagame Yagarutse Ku Kaga FDLR Iteje u Rwanda

Kagame ubwo yaganirizaga abaje mu Mushyikirano 20.

Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yatangijwe na Perezida Paul Kagame yabaye ku nshuro ya 20, yongeye kugaruka ku mubano w’igihugu cye na DRC n’u Burundi.

Kagame yavuze ko byavuzwe kenshi ko Abanyarwanda n’Abarundi ari abavandimwe, ariko akemeza ko muri iki gihe Abarundi bahisemo kuba Abavandimwe b’abaturage ba Congo.

Icyakora, ibyo ngo ntacyo byari bube bitwaye iyo bitaza kuba birimo Politiki y’urwango ku Rwanda.

Yagize ati:“ Ariko ubundi Abanyarwanda n’Abarundi turi impanga, icyakora Abarundi bo bahisemo kuba impanga n’Abanyecongo. Gusa muri  uko kuba impanga cyane cyane iyo kurimo politiki mbi, yo kwiyanga no kwanga abandi ntibiba ari byo.”

Asanga nubwo hari ibibazo biri mu gihugu biterwa n’abaturage ubwabo, hari n’ibyo bakururirwa n’amahanga.

Gusa asanga ibyo bibazo bingana na 50% ku yindi 50%, itandukaniro rikaba uburemere hagati y’ibyo byombi.

Kagame avuga ko mu bibazo u Rwanda ruterwa n’abandi harimo iby’akarere igihugu cye kirimo.

Avuga ko ikibazo u Rwanda rufite muri Congo ari Interahamwe ziri yo na politiki ishingiye kuri Jenoside kandi isubirwamo n’abayobozi bavuga ko bashaka kugenza u Rwanda nk’uko barugenje ubushize.

Avuga ko abashinja u Rwanda ko ruri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo rushaka yo amabuye, bibeshya kuko iyo ruza kuba ari yo yarujyanye, ruba rwarakize inshuro 100  kurusha uko bimeze ubu.

Yanenze abavuga ko abagize FDLR ari abasaza kandi bakaba ari bake, avuga ko ababibona batyo baba bakwiye gutekereza no k’uburemere bw’imvugo y’urwango abo bantu bakoresha ku Rwanda.

Kagame avuga ko niyo abavuga izo mvugo k’u Rwanda baba ari bake, ababumva bo baba ari benshi kandi nibo bakurwamo abazagirira nabi u Rwanda.

Muri ibyo byose, Kagame yabwiye abaturage ko ari ngombwa guharanira kwiteza imbere, bakirinda ko hari uwo bahora bategeye amaboko.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities