Jackson Kwizera
U Bufaransa bugiye kongera intwaro za kirimbuzi mu gihe impaka kuri Iran n’umutekano w’u Burayi zikomeje gukaza umurego.
Mu gihe umutekano w’isi ukomeje guhungabana bitewe n’intambara n’impinduka za politiki mpuzamahanga, u Bufaransa bwatangaje ko bugiye kongera umubare w’intwaro zabwo za kirimbuzi ku nshuro ya mbere mu myaka myinshi ishize. Iki cyemezo kije mu gihe abayobozi b’u Burayi bagaragaza impungenge ku kudahama kwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gukomeza kurinda umugabane wabo.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yabivugiye ku birindiro by’ubwato bwa gisirikare butwara misile za kirimbuzi mu gace ka Brittany. Yavuze ko isi iri mu bihe by’impinduka zikomeye zirimo ibyago byinshi, bityo u Bufaransa bugomba kongera imbaraga zo gukumira abashobora kubutera (deterrence).
Macron yatangaje ko igihugu cye kitazongera gutangaza imibare y’intwaro za kirimbuzi gifite, kandi ko kizongera ubufatanye n’ibihugu umunani by’i Burayi muri gahunda yise “forward nuclear deterrence.” Yavuze ko indege z’intambara za Rafale zishobora gutwara ibisasu bya kirimbuzi zishobora koherezwa mu bihugu nka Ubudage na Polonye kugira ngo zongere imbaraga z’umutekano w’uburayi.
U Bufaransa ni bwo gihugu rukumbi gifite intwaro za kirimbuzi mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), bufite hafi ibisasu 290. U Bwongereza nicyo kindi gihugu cy’i Burayi gifite izi ntwaro, mu gihe Amerika n’u Burusiya bifite ibihumbi by’ibisasu bya kirimbuzi.
Ibi byemezo by’u Bufaransa bije mu gihe Amerika na Israel bakomeje ibikorwa bya gisirikare kuri Iran, bashinja Tehran guteza imbere gahunda ishobora kuyigeza ku gukora intwaro za kirimbuzi. Iran yo ivuga ko gahunda yayo igamije gukoresha ingufu za kirimbuzi mu buryo bw’amahoro gusa.
Iran yashyize umukono ku masezerano mpuzamahanga yo kudakwirakwiza intwaro za kirimbuzi (NPT), agamije gukumira ibihugu bishya gushaka izo ntwaro. Ibihugu bisanzwe bifite kirimbuzi nka Amerika, u Bufaransa, u Burusiya, Ubushinwa n’u Bwongereza n’ibindi byemerewe kuzigumana, ariko bikaba byarasabwe no kugabanya umubare wazo buhoro buhoro.
Nyamara, ibi byateje impaka ku rwego mpuzamahanga. Abanenga politiki y’ibihugu bikomeye bibaza impamvu ibihugu bifite kirimbuzi byemerewe kongera cyangwa kuvugurura intwaro zabyo, mu gihe ibindi bibuzwa no kugera kuri urwo rwego. Ibihugu byo mu Burengerazuba byo bivuga ko kubuza Iran ari ukwirinda ikwirakwizwa ry’izi ntwaro mu karere kamaze igihe karimo intambara n’umutekano muke.
Mu ijambo rye, Macron yashimangiye ko “kwigenga bidakwiye gusobanura kwitandukanya,” asobanura ko u Burayi bugomba kongera ubushobozi bwabwo bwo kwirinda, kabone nubwo bikiri muri NATO. Ibi bije mu gihe hari impungenge ko politiki ya Amerika ishobora guhindagurika bitewe n’impinduka z’ubuyobozi.
Iki cyemezo kigaragaza impinduka zikomeye muri politiki y’umutekano w’u Burayi, aho ibihugu bitangiye gutekereza ku buryo bwo kongera imbaraga zabyo mu kwirinda, mu gihe isi ikomeje kuba ahantu hatizewe.
Muri rusange, isi iri mu gihe cy’impinduka zikomeye aho ibihugu bikomeye bikomeje kongera ubushobozi bwa gisirikare, mu gihe impaka ku gukwirakwiza intwaro za kirimbuzi cyane cyane ku kibazo cya Iran zikomeje kuba nyinshi ku rwego mpuzamahanga.









































































































































































