Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Yishwe Agerageza Kwinjira Kwa Trump Yitwaje Imbunda na Lisanse

Umugabo wari witwaje imbunda yo mu bwoko bwa shotgun yarashwe mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru, nyuma yo kwinjira mu buryo butemewe mu gace karinzwe cyane k’ahari inzu ya Perezida Donald Trump ya Mar-a-Lago muri leta ya Florida nk’uko byatangajwe n’Urwego rw’Umutekano rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Secret Service).

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye mu gitondo cyo ku Cyumweru, Sheriff w’Intara ya Palm Beach, Ric Bradshaw, yavuze ko abashinzwe umutekano babonye ko hari umuntu winjiye mu gice cy’imbere kirinzwe cyane cya Mar-a-Lago, hafi y’irembo riri mu majyaruguru.
Bradshaw, yagize ati: “Umupolisi umwe n’abakozi babiri ba Secret Service bari bashinzwe umutekano bageze aho hantu bagiye kureba uko byifashe. Bahuye n’umugabo w’umuzungu wari witwaje ijerekani irimo lisansi ndetse n’imbunda ya shotgun.”

Sherif yakomeje avuga ko uwo mugabo yasabwe gushyira hasi ijerekani na shotgun, maze ashyira hasi ijerekani ariko akazamura imbunda mu buryo bwo kurasa. Aho ni ho umupolisi n’abakozi ba Secret Service bahise bamurasa murwego rwo kumuhagarika.

Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye yabwiwe CBS News ko uwo mugabo yitwa Austin T. Martin w’imyaka 21, akaba yari atuye i Cameron muri Leta ya North Carolina. Abayobozi bakaba bari gukora iperereza ngo barebe niba yaraguze iyo shotgun mu rugendo yakoze avuye muri North Carolina yerekeza muri Florida. Ni mugihe umuryango we wari watangaje ko yaburiwe irengero ku wa Gatandatu.

Umukozi mukuru wa Secret Service ushinzwe Ibiro bya Miami, Rafael Barros, yatangaje ko nta mupolisi cyangwa undi mukozi w’umutekano wakomerekeye muri icyo gikorwa.bSecret Service kandi yagaragaje ko nta muntu wari urinzwe wari aho byabereye muri icyo gihe kuko Perezida yari i Washington muri iyo mpera y’icyumweru.

Sheriff Bradshaw yavuze ko Urwego rw’Ubugenzacyaha rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI) ari rwo ruyoboye iperereza kuri iki kibazo, rufatanyije na Secret Service ndetse n’Ibiro bya Sheriff w’Intara ya Palm Beach kucyateye uyu mugabo kuza hafi y’urugo rwa Donald Tramp yitwaje imbunda na lisanse

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities