Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ahandi

Afghanistan: Abantu 20 Bishwe N’Umutingito

Imibare y’agateganyo yerekana ko abantu 20 ari bo bishwe n’umutingito wabereye muri Afghanistan. Ubutabazi burakomeje ngo harebwe niba hari abandi baba bagihumeka bakurweho ibintu byabagwiriye, nihaba hari n’abapfuye bajyanwe gushyingurwa.

Nk’uko BBC yabyanditse ibibwiwe n’abatuye aho iki cyago cyabereye, uwo mutingito wabereye ahitwa Mazar-e-Sharif, ukaba umwe mu mijyi ikomeye ya Afghanistan utuwe n’abantu 500,000.

Wari ufite ubukana bw’igipimo cya Ritcher cya 6.3  ukaba waturutse hasi mu kuzimu ahareshya na kilometero  28.

Umuvugizi wa Guverinoma y’Abatalibani witwa Sharafat Zaman Amar avuga ko Minisiteri y’ubuzima ivuga ko abantu 20 ari bo bahitanywe nawo abandi 320 barakomereka.

Iyo mibare ariko ishobora kuza kwiyongera nk’uko abayobozi babivuga bigaterwa n’uko hari ahantu abatabazi bataragera ngo barebe ko hari abagihumeka babatabare, abapfuye bagezwe kwa muganga no mu bitaro bakorerwe isuzuma rya nyuma.

Abakomeretse cyane ni abo muri Komini ya Sholgara iri mu Majyepfo ya Mazar e-Sharif.

Ahandi hasigaye muri uwo mujyi naho wahumvikanye gusa mu buryo butaremereye cyane.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Rwanda

Agace ka Kimihurura gaherereye mu Karere ka Gasabo, kagenda karushaho kugaragaza isura nshya y’iterambere, aho hubakwa inyubako z’ubucuruzi n’izo guturamo ziri ku rwego rwo...

Amakuru

Komiseri mu Muryango FPR Inkotanyi, Habonimana Charles, yagaragarije abanyamuryango ko batagomba gutegereza ko Umuyobozi w’Umuryango, Perezida Paul Kagame, ari we ubibutsa inshingano zabo, ahubwo...

Ahandi

Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu by’Abarabu bateranye ku Cyumweru, bafashe icyemezo cyo gushyigikira uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Misiri, Nabil Fahmy, kugira ngo abe...

Rwanda

Mu mpera z’Icyumweru gishize, mu ijoro rijigije ikamyo bita HOWO yagonze abantu bane barapfa, ibasanze mu gakamyoneti gato bita DYNA. Ababibonye bavuga ko iyo...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities