Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ahandi

Afghanistan: Abantu 20 Bishwe N’Umutingito

Imibare y’agateganyo yerekana ko abantu 20 ari bo bishwe n’umutingito wabereye muri Afghanistan. Ubutabazi burakomeje ngo harebwe niba hari abandi baba bagihumeka bakurweho ibintu byabagwiriye, nihaba hari n’abapfuye bajyanwe gushyingurwa.

Nk’uko BBC yabyanditse ibibwiwe n’abatuye aho iki cyago cyabereye, uwo mutingito wabereye ahitwa Mazar-e-Sharif, ukaba umwe mu mijyi ikomeye ya Afghanistan utuwe n’abantu 500,000.

Wari ufite ubukana bw’igipimo cya Ritcher cya 6.3  ukaba waturutse hasi mu kuzimu ahareshya na kilometero  28.

Umuvugizi wa Guverinoma y’Abatalibani witwa Sharafat Zaman Amar avuga ko Minisiteri y’ubuzima ivuga ko abantu 20 ari bo bahitanywe nawo abandi 320 barakomereka.

Iyo mibare ariko ishobora kuza kwiyongera nk’uko abayobozi babivuga bigaterwa n’uko hari ahantu abatabazi bataragera ngo barebe ko hari abagihumeka babatabare, abapfuye bagezwe kwa muganga no mu bitaro bakorerwe isuzuma rya nyuma.

Abakomeretse cyane ni abo muri Komini ya Sholgara iri mu Majyepfo ya Mazar e-Sharif.

Ahandi hasigaye muri uwo mujyi naho wahumvikanye gusa mu buryo butaremereye cyane.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Football

Ikipe ya Paris Saint Germain yegukanye intsinzi ikomeye imbere ya FC Bayern Munich mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, itsinze ibitego...

Amakuru

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, wahuje Paris Saint-Germain na Bayern Munchen, amakipe ari muyo u Rwanda rukorana...

Volleyball

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yahamagariye Abanyarwanda kwitabira ku bwinshi imikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu, aho amakipe y’u Rwanda azaba ahatanira itike yo...

Health

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Christine Nkulikiyinka, yongeye gushimangira ko guteza imbere ubuzima bwiza n’umutekano ku kazi ari inkingi ikomeye mu kuzamura umusaruro w’abakozi...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities