Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Afurika ifite intego yo gukomeza kugira uruhare mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe _Perezida Kagame

Mu nama ya 29 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku kubungabunga ibidukikije izwi nka COP29, ibera i Baku muri Azerbaijan, Perezida Paul Kagame yatangaje ko Afurika ifite intego yo gukomeza kugira uruhare mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe n’ubwo hakiri ubushobozi buke mu bijyanye n’ishoramari ku mishinga irengera ibidukikije.

Muri iyi nama, Perezida Kagame yagaragaje ko imwe mu ntego Umugabane wa Afurika userukanye muri iyi nama ya COP29, ari ugukomeza kugira uruhare mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, n’ubwo ikibazo cyo kubura ubushobozi bujyanye n’amafaranga yo gushora mu mishinga yo kurengera ibidukikije.

Perezida Kagame kandi yavuze ko Umugabane wa Afurika mu bigaragara ugira uruhare ruto mu kugira ibyuka bihumanya ikirere, bityo ko hakenewe inkunga yo kurushaho kubungabunga ko ibyo bike byagabanuka nk’uruhare mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Agira ati “Kutabona amafaranga ahagije mu kurengera ikirere biracyari inzitizi ikomeye kuri Afurika. Imihigo yahizwe mu nama zabanje ntabwo yeshejwe, kandi ntabwo byakurikiranwe. Ibi ntibikwiye!…”

Perezida Kagame asaba ko ibihugu byose byasaranganywa mu buryo buboneye amafaranga akenewe kugira ngo byose bitange umusanzu mu kuzana ibisubizo birengera ikirere.

Gupima umusanzu wa Afurika mu kurengera ibidukikije, ni imwe mu ngingo yagarutsweho mu nama yari iyobowe na Perezida Denis Sassou Nguesso wa Congo-Brazaville ndetse byongera gushimangirwa n’Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, Dr Akinwumi Adesina.

Amakuru agaragaza ko Kwitabira iyi nama byabaye umwanya w’uko Perezida Paul Kagame ahura na mugenzi we wa Azerbaijani, Ilham Aliyev. Ibiganiro by’abakuru b’ibihugu bombi byibanze cyane cyane ku guteza imbere urwego rw’ishoramari n’ubucuruzi muri rusange.

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we wa Azerbaijani, Ilham Aliyev

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Football

Panorama Sports Ikipe ya Rayon Sports yerekeje muri ¼ cy’Igikombe cy’Amahoro nyuma yo gusezerera City Boys yo mu cyiciro cya kabiri, iyitsinze ku giteranyo...

Ibidukikije

Jackson Kwizera Mu misozi miremire y’amahumbezi ya Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, hatangijwe uburyo bushya bwo gukurikirana ibinyabuzima hifashishijwe ibipimo by’uturemangingo ndangasano bisigara mu bidukikije, buzwi...

Amakuru

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Rtd Gen Maj Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda gufata ingamba zo kwirinda ingaruka z’ibiza bishobora guterwa n’imvura nyinshi y’Itumba imaze iminsi...

Health

Jackson Kwizera Indwara z’umutima zishobora kuba umutwaro ukomeye ku buzima. Abantu benshi batekereza ko izo ndwara ziza zitunguranye nta kimenyetso na kimwe umubiri wabanje...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities