Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Jean Damascène Bizimana, yagiranye ibiganiro na Gen. Babacar Faye, umwe mu bahoze mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mu Rwanda (MINUAR) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ibi biganiro byibanze ku kamaro ko kubungabunga ibimenyetso by’amateka ya Jenoside, hagamijwe kurinda ukuri kwayo no gukomeza kurwanya ingengabitekerezo yayo ishobora kugaruka mu buryo butandukanye.
Gen. Babacar Faye ari mu Rwanda mu bikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yitabiriye n’Inama Mpuzamahanga igamije kurwanya Jenoside, yanahuriranye no kwizihiza imyaka 30 y’umuryango IBUKA.
Impande zombi zagaragaje ko kubika neza amateka ari inkingi ikomeye mu gukumira ko Jenoside yakongera kubaho, ndetse bishimangira uruhare rw’ubufatanye mpuzamahanga muri uru rugamba.
Uru ruzinduko rugaragaza ko ubufatanye hagati y’ibihugu n’inzego zitandukanye bukomeje kugira uruhare mu gusigasira amateka no gukomeza guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside, mu rwego rwo kubaka isi itekanye irangwa n’amahoro arambye.

Uwahoze muri MINUAR yagiranye ibiganiro na Dr Bizimana ku gusigasira amateka no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

















































































































































































