Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Kimihurura: Umuganura ni ugusangira ibyiza n’ingamba nshya

Raoul Nshungu

Rucagu Boniface uba mu Kanama Ngishwa nama k’Inararibonye z’igihugu yasabye abatuye Umujyi wa Kigali gufata umunsi w’umuganura nk’isoko y’ubumwe, gukunda igihugu ariko kandi bakaganuzanya babwirana amagambo meza mu miryango.

Ibi yabigarutseho tariki ya 1 Kanama 2025, mu karere ka Gasabo mu murenge wa Kimihurura, mu kagari ka Rugando, ubwo abatuye muri uyu murenge bizihizaga umunsi w’umuganura wabereyemo igikorwa cyo gusangira ndetse no kuremera abatarabashije kugira icyobaronka muri iyi minsi.

Rucagu Boniface mu kiganiro yatanze yabwiye abari bateraniye muri ibi birori ko Umuganura ari umunsi ukomeye Kandi umaze igihe kuko washyizweho na Gihanga Ngomijana wahanze u Rwanda.

Agira ati ”Umwami rero yatekereje uko u Rwanda ruzabaho mu nzira zose ashyiraho Umuganura nk’inzira yo kubaka ubumwe,gukunda umurimo ndetse no gukunda igihugu aho niho havaga imbaraga (…) aha rero umwami yashakaga ko abanyarwanda basangira ibyiza bagasangira n’urugamba.”

Iri nararibonye rikomeza rivuga uko kera byagendaga ku muganura wo hambere agira ati” Umwami yahamagaraga ibyiciro byose by’abanyarwanda buri wese mu byo yakoraga,mubyo ashinzwe mu bworozi , mu buhinzi bakazana umuganura.”

Rucagu Boniface kandi yakomoje kuko abatuye Kigali badahinga nk’ahandi bakwiye kuganuzanya avuga ko bakwiye gusangirad ucye bafite nubwo baba babihashye ariko kandi bigomba gutangirira mu miryango babwirana amagambo meza.

Agira ati ”Umugabo n’umugore n’abana mbere na mbere nibaganuzanye umugabo abwire umugore neza umugore abwire umugabo we neza. Ijambo ryiza n’umuganura pe!”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Kagali ka Rugando, ibi birori byabereye mo ……. Yifurije abari aho umunsi mwiza w’umuganura no gukomeza kurumbuka mu buryo bwose.

Agira ati ”Ndabifuriza umunzi mwiza kuganura neza, ndabifuriza kuzeza, mbifuriza kurumbuka mu buryo bwose inka zizabyare, abagore babyare abana bakure neza ibyiza byose bibagereho.”

Nk’uko byagendaga mu muco  kuva kera, muri iki gikorwa kandi abaturage baganuje bagenzi babo batagize icyobabona.

Mu murenge wa Kimihurura, by’umwihariko mu kagari kandi Rugando, kwizihiza umunsi ngarukanwaka w’umuganuro byaranzwe n’igikorwa kigaragaza uko umuganira wizihizwaga mu bihe byo hambere, imbyino ndetse no kuremera bamwe mu batishoboye.

Umunsi w’Umuganura ni umunsi wigeze kumara imyaka myinshi waraciwe gusa nyuma mu 2011 Leta y’u Rwanda izagufata icyemezo ko uyu munsi ugaruka.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Bamwe mu baturage batuye mu kagari ka Rudogo mu Murenge wa Cyinzuzi mu karere ka Rulindo bavuga ko babangamiwe n’insoresore zicukura amabuye y’agaciro mu...

Football

Umunyarwanda witwa Khalifan w’imyaka 17 ari mu Burayi aho azerekanira ko ashoboye hanyuma agashyirwa mu ikipe y’abato ya Manchester United. Iyo kipe ikinwamo n’abatagerengeje...

Amakuru

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi, bamaze gufata ingeso yo kuzindukira mu tubari tw’ibigage mu gitondo cya kare,...

Amakuru

U Rwanda rwatangiye gukoresha urukingo rushya rwitwa Gardasil 9 rugamije kurinda abantu kwandura virusi ya Human papillomavirus (HPV), izwiho gutera indwara zitandukanye zirimo na...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities