Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Umutoza wa APR FC agaragaza icyatumye batsindwa na Pyramid

Panorama Sports

Umukino ubanza w’amajonjora y’ibanze ya CAF Champions League ntabwo wahiriye ikipe ya APR FC, dore ko ibitego bibiri bya Fiston Mayele byatumye Pyramids itahana intsinzi ya 2-0.

Ni umukino muri rusange wihariwe n’ikipe ya APR FC, dore ko Hakim Kiwanuka na Mamadou Sy bateye umutambiko w’izamu ubwo bashakiraga igitego Gitinyiro, mu gihe umukinnyi w’umukino, Umunyezamu Shenawy yaje gukuramo imipira igoranye ya William Togui, Memel Dao na Mamadou Sy ubugira kabiri.

Uyu rutahizamu ukomoka muri Mauritania ariko yashoboraga kwishyurira ikipe ku munota wa 80 gusa, umusifuzi w’umukino avuga ko habayeho kurarira n’ubwo atari ko umutoza Abderrahim Taleb abibona.

Mu kiganiro n’itangazamakuru yagize ati “Mwabibonye ko dutsinzwe kandi ari twe twihariye umukino. Umunyezamu yakuyemo imipira ine y’ibitego byabazwe, dutera umutambiko w’izamu mu gihe nk’uko mubibona ku ifoto -yeretse abanyamakuru, igitego cya Mamadou Sy cyari cyo nta kurarira kwabayemo.”

Taleb yavuze ko APR FC izajya gukina umukino wo kwishyura ntacyo yikanga, dore ko abakinnyi batinyutse burundu ikipe ya Pyramids aho uretse amahirwe ya ruhago byari burangire intsinzi isigaye i Kigali.

Biteganyijwe ko ikipe yerekeza mu Misiri ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira, mu mukino wo kwishyura uzabera kuri Stade ya 30 June Stadium, ku Cyumweru tariki ya 5 Ukwakira 2025.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Muri iki cyumweru, Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga (MPC) iraterana kugira ngo isuzume imiterere y’ubukungu bw’imbere mu gihugu n’ubw’isi muri rusange. Izanafata umwanzuro ku gipimo...

Ubucuruzi

Rene Anthere Rwanyange Ubucuruzi hagati y’u Bushinwa na Afurika umwaka ushize bwageze ku mari yo hejuru butigeze bugeraho mbere, gusa buracyohereza muri Afurika hafi...

Amakuru

Pariki y’Igihigu y’Akagera yatangaje ko mu mwaka wa 2025 yinjirije u Rwanda, asaga miliyari 7,2 z’amafaranga y’u Rwanda (Miliyoni $5,06 ) avuye mu bikorwa...

Amakuru

Panorama Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, na mugenzi we wa Angola, João Lourenço, barasaba ko hatangizwa byihutirwa uburyo bwo kugenzura...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities