Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amategeko

Abakoresha bo mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro baributswa gushyira abakozi muri Ejo Heza

Rene Anthere Rwanyange 

Gahunda ya Ejo Heza yashyizweho n’Ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize, RSSB, na Minisiteri y’imari n’igenamigambi hagamijwe ko Abanyarwanda basaza bariteganyirije. Abafite ibirombe rero bibukijwe ko n’abakozi babo barebwa n’iyo gahunda.

Umuyobozi w’aka karere, Jacqueline Kayitare, muri Nzeri 2025 yasabye abafite ibigo bikorera ubucukuzi muri aka Karere ka mbere mu Rwanda gafite imirenge myinshi icukurwamo amabuye y’agaciro, ko kuzigamira abakozi babo ari ukubaraga ibintu byiza, kandi ko ari gahunda ya Leta.

Mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Kabacuzi aho byabereye, Meya Kayitare avuga ko abafite ibigo bicukura amabuye y’agaciro usanga barakize kubera imvune z’abakozi babo, ariko ntibabateganyirize.

Agira ati “Mwite ku buzima bw’abo mukoresha kuko hari abo usanga binjira mu birombe indani bakahasiga ubuzima kandi batarateganyirijwe cyangwa ngo bashyirwe muri Ejo Heza.”

Yacyashye nabo bakozi, abasaba gutekereza ku mibereho yabo izaza. Ati: “Abo mukorera bazamura amagorofa buri munsi. Mwe muribwira ko mu myaka iri mbere muzatungwa ni iki?”

Kayitare yongeyeho ko abakuriye ibigo by’ubucukuzi badatekereza ku bantu babeshejweho n’abakozi babo. Abasabye kwegera abakoresha babo bakabibutsa kubateganyiriza kuko nibamara kuva mu kazi, hari ibice by’imibiri yabo bizaba byarashaje, bikeneye kuvuzwa, atanga urugero rw’ibihaha.

Ejo Heza yarahagaze

Umucukuzi witwa Sindikubwabo Narcisse avuga ko hari igihe bishyurirwaga Ejo Heza, ariko byaje guhagararabatabizi. Avuga ko igihe cyageze babona nta butumwa bw’uko bazigamirwa bukigaragara kuri telefoni zabo, akemeza ko akazi kenshi bagira kubabuza gukurikirana iby’ubwo bwiteganyirize. Agira ati: “Hashize igihe nta butumwa tubona, nta mwanya tugira wo kubikurikirana kuko tuba twibereye mu kazi.”

Batangira akazi saa mbili bakaruhuka umwanya muto bakongera gusubira mu kazi kugeza ku mugoroba. Icyakora ashima ko hari abakozi nkawe bashoboye kwizigamira, bagura moto abandi bubaka inzu zikodeshwa.

Umwe mu bayobozi b’imwe muri Koperative zicukura amabuye y’agaciro muri Muhanga yitwa COMAR, Hakizayezu Alphonse, avuga ko mu bakozi barenga 600 bakoresha, abagera ku 250 bashyizwe muri gahunda ya Ejo Heza.

Yabwiye itangazamakuru ko inama bahawe na Meya bagiye kuzubahiriza. Agira ati: “Impanuro Meya yaduhaye tuzakiriye neza, twihaye intego yo kuzamura ibipimo tukesa umuhigo wo gushyira abacukuzi muri Ejo Heza ku kigero cya 100%.”

Ubuyobozi bw’Akarere bwahaye Koperative COMAR icyemezo cy’ishimwe kubera guteza imbere abayituriye, buri mwaka ikishyurira abaturage 400 ubwisungane mu kwivuza batuye mu Mirenge ya Kabacuzi na Cyeza. Ni Koperative yubakiye abatishoboye 15  harimo n’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ejo Heza yatangijwe mu mwaka wa 2018 kandi kugeza muri Nzeri, 2025, abantu Miliyoni 3.76 kandi imibare igaragaza ko muri uyu mwaka abantu 520,000 bashya batangiye kwizigama muri iyi gahunda.

Mu mirenge 12 igize Muhanga, uwa Shyogwe niwe udacukurwamo amabuye y’agaciro ariko nawo ucukurwamo ibumba ryinshi. Amabuye acukurwa mu Karere ka Muhanga abonekamo cyane cyane ni ayo mu bwoko bwa Wolfram, Gasegereti na Coltan.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities