Connect with us

Hi, what are you looking for?

Abagore

Imboga za Dodo zabyukije urukundo

Umuryango wa Habimana Vianney na Mukasibo Valeria, bitangira ubuhamya ko ubuzima bwabo bwari amakimbirane, ariko umurima w’imboga za Dodo ubabyukiriza urukundo.

Ni mu mudugudu wa Cyahafi, Akagari ka Kabuye, Umurenge wa Nyarugenge mu karere ka Bugesera. Umuryango wa Habimana na Mukasibo ufite abana batanu. Bitangira ubuhamya ko bari barahindutse ba ruvumwa kubera amakimbirane yahoraga mu rugo rwabo.

Habimana yemeza ko ubuzima bwe bwari ukwibera mu kabari anywera amafaranga yakoreye, kandi yataha akarwana n’umugore. Yageze igihe yumva yatandukana na we.

Mukasibo avuga ko yifuje gutandukana na Habimana akaba ukwe kuko yumvaga ubuzima bwe bugeze habi. Igitekerezo cye cyaciwe intege n’amahugurwa yahawe, atangira guhinga imboga no kwizigamira binyuze mu matsinda.

Imboga ze za Dodo n’Imbwija zatumye mu rugo hinjira amafaranga, atangira kugurira imyenda abana, Habimana aziriyeho aranurirwa ndetse rimwe na rimwe Mukasibo akajya asengerera agacupa umugabo we.

Aka kagendo ka buhoro buhoro kahinduye Habimana, ashimishwa n’uko imboga za dodo zatumye urugo rwe ruhinduka bahindura ubuzima. Ubu ni abajyanama b’abandi aho batuye.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibitekerezo

By Aggie Asiimwe Konde Director, Communications, Innovations, External Engagements and Advocacy at AGRA Why the next wave of competitive advantage in African markets will be...

Inkuru nyamukuru

Our Reporter Fintech firm Avenews joins fresh produce consortium to close Kenya’s agri-financing gap, targeting 10 million livelihoods. Nairobi, Kenya, 30th March 2026; Avenews, an agri-fintech...

Amakuru

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva ari i Bangui muri Centrafrique mu irahira rya Faustin Archange Touadéra uherutse gutorerwa kuyobora iki gihugu. Dr. Nsengiyumva yahagarariye...

Iterambere

Raporo ya 2026 yerekana ibipimo by’ishoramari ku Isi, izwi nka Baseline Profitability Index (BPI), yagaragaje u Rwanda nk’igihugu cya mbere ku Isi cyizewe gushorwamo...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities