Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Kwica abana no kuvutsa ubuzima umubyeyi ubutanga bigaragaza ko Jenoside yateguwe -Prof Bayisenge

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, yavuze ko umugambi wo kwibasira by’umwihariko abagore n’abana mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, bigaragaza umugambi mubisha wo kurandura ubuzima bw’Abatutsi.

Ibi yabigarutseho mu gikorwa cyo kwibuka abagore n’abana bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, cyabereye mu Murenge wa Kibirizi mu karere ka Nyanza, ku wa 8 Gicurasi 2022.

Aha mu Murenge wa Kibirizi abagore n’abana biciwe aho bita kw’ibambiro ku itorero rya ADEPR, nyuma yo kuhabakusanyiriza babashuka ko abagore n’abana batazicwa.  Gusa nyuma yo kuhabakusanyiriza bahise babica.

Abarokotse Jenoside bo mu Murenge wa Kibirizi ngo bariyubatse bakaba bashima uburyo Leta igenda ifasha abarokotse batishoboye, ari nako himakazwa ubumwe n’ubwiyunge. 

Ibi ngo bibaha icyizere cyo kubaho, gusa barasaba ko aha mu Murenge wa Kibirizi hakubakwa Urwibutso mu rwego rwo gusigasira by’umwihariko amateka y’uko abagore n’abana bishwe.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette yashimangiye ko kwica abana no kuvutsa ubuzima umubyeyi utanga ubuzima, ari kimwe mu bigaragaza ko Jenoside yateguwe.

Ku rwibutso rwo mu kagari ka Rwotso mu Murenge wa Kibirizi haruhukiye imibiri 450 harimo umugabo umwe gusa yicanywe n’abo bagore, aho ngo bari babanje kumusiga kugira ngo bazajye bereba uko Abatutsi basaga.

Inkuru dukesha RBA

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities