Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

M23 ikomeje kwigarurira utundi duce

Dukurikije kalendari yemejwe n’abayobozi ba EAC, ku ya 28 Gashyantare 2023, abarwanyi ba M23 bagombaga gutangira gushyira mu bikorwa gahunda yo gusubira inyuma, ariko ntabwo ari uko byagenze ahubwo aba barwanyi bakomeje kwigarurira uduce dukikije umujyi wa Goma.

Iyi gahunda yo gusubira inyuma kw’aba barwanyi yagombaga gukurikiza ingengabihe nshya yemejwe mu minsi icumi ishize n’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) i Addis Abeba muri Ethiopia.

Amakuru agera kuri Panorama yemeza ko imirwano yakajije umurego i Masisi, agace k’amajyaruguru y’iburengerazuba bwa Goma, aho M23 yafashe umujyi wa Mushaki ku wa 24 Gashyantare, nko mu birometero mirongo itatu uvuye mu murwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru. M23 igenzura ikigo cya Mushaki.

Abarwanyi ba M23 na none bashoboye kongera kwigarurira agace k’ Amajyaruguru mu karere kerekeza i Mweso mu duce twa Busumba, Gashungo, Rugongwe.

Maj. Ngoma yagize ati “Habayeho imirwano… Imisozi myinshi iri mu maboko ya M23, kuko twasabye Leta ya Kinshasa kugirana ibiganiro irabyanga ahubwo ihitamo kudutera natwe nta kundi rero twabigenze uretse guhagarara bwuma.”

Ibikorwa byinshi bya dipolomasi byatangijwe, ariko kugeza ubu nta cyizere bitanga. Inama nto yateguwe mu Gushyingo i Luanda yari yategetse ko M23 irekura uduce yafashe.

Ku wa 17 Gashyantare, i Addis Abeba, abakuru b’ibihugu bya EAC bemeje ingengabihe nshya, bateganya ko “imitwe yitwaje intwaro yose igomba kuba yavuye mu birindiro” bitarenze ku ya 30 Werurwe 2023.

Mu mpera z’icyumweru kirangiye imbere y’itangazamakuru, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’igihugu cya Kongo, Christophe Lutundula,mu cyizere cyinshi yasobanuye neza ibyerekeranye no gusubira inyuma kwa M23 kwakagombye kumara iminsi 30. Yashimangiye ati: “Icyiciro cya mbere gitangira ku ya 28 Gashyantare, ni ukuvuga ku wa kabiri.”

Kenshi umutwe wa M23 wagiye wiyemeza ko witeguye guhagarika imirwano ndetse ukava mu duce umaze kwigarurira, urugero nk’uko wabisabwe mu nama iheruka kubera i Luanda muri Angola, ariko ntibigire icyo bitanga ngo kuko Leta ya Tshisekedi yanze kwicarana nayo ngo itege amatwi ibyifuzo byayo.

Gaston Rwaka

3 Comments

3 Comments

  1. Pepe Rugangura

    February 28, 2023 at 13:26

    yemmwe FARDC IRAPWIII

  2. Livingston

    February 28, 2023 at 13:26

    ingabo za ARN cyangwa M23 zifite intego ahubwo nibo bakwiye kurinda DRC naho FARDC ni ibisambo , ibinywi by’ itabi igihugu kiyobora n’ abagabo

  3. Pepe Rugangura

    February 28, 2023 at 13:23

    Intare za Sarambwe zirakaze kandi wasanga tugiye gutaha neza, abo bajura ngo ni FARDC ntacyo zamarira abaturage

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities